Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Musanze: Bamusanganye Litiro 2000 Z’Inzoga Yitwa ‘Nzoga Ejo’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbuzima

Musanze: Bamusanganye Litiro 2000 Z’Inzoga Yitwa ‘Nzoga Ejo’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 June 2024 9:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku bufatanye bwa Polisi n’abaturage, mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze hafatiwe inzoga y’inkorano yitwa Nzoga Ejo ingana na litiro 2,000. Yahise imenwa.

Izi litiro zose zafatiwe mu rugo rwa  Ndagijimana Callixte w’imyaka 42 wo mu Kagari ka Bukinanyana, Umurenge wa Cyuve, Akarere ka Musanze.

We yikanze abaje kumufata aratoroka, ariko umugore we witwa Mukeshimana Béatrice afatwa ari kwenga izo nzoga.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, SP Jean Bosco Mwiseneza yatangaje ko izo nzoga zafashwe ku bufatanye na Polisi n’abaturage.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “Polisi ku bufatanye n’inzego z’ibanze hakozwe umukwabo wo kumena inzoga z’inkorano zitwa Nzoga Ejo zingana na litiro 2,000 z’uwitwa Mukeshimana Béatrice w’imyaka 35, uyu Mukeshimanana afungiye kuri Polisi Sitasiyo ya Cyuve. Iyi Operation yakozwe hagendewe ku makuru yatanzwe n’abaturage”.

Polisi ishima abaturage bayihaye amakuru kugira ngo ifate abo bantu benga inzoga zangiza ubuzima bw’abaturage.

SP Mwiseneza ati: “Turabashimira mbere na mbere ko batanze amakuru, tunasaba buri wese gutangira amakuru ku gihe ku bantu bakora izi nzoga, kuko ziri mu bihungabanya umutekano. Abazinyoye usanga basa n’abafite uburwayi bwo mu mutwe bagahungabanya umutekano, barwana, bateza amakimbirane yo mu ngo n’ibindi byaha”.

Polisi isaba abaturage kuzibukira kunywa izo nzoga kuko zibangiriza ubuzima kandi aho bumvise ko zikorerwa bakaharangira ubuyobozi kugira ngo zifatwe zimenwe.

Inzoga yitwa Nzoga Ejo si ubwa mbere yumvikanye mu matwi y’abantu bo mu Ntara y’Amajyaruguru kuko mu mwaka wa 2022 yavuzwe mu Karere ka Gicumbi.

- Advertisement -

Kubera ko Abanyarwanda benshi bakunda inzoga, buri wese anywa iyo ashoboye kugura cyangwa akayivumba.

Abadashobora kugura inzoga ariko bafite urutoki, bahitamo kwenga bike bafite, umutobe bakawuvanga n’ibindi binyabutabire kugira utubuke kandi basinde badahenzwe.

Niyo mpamvu izo nzoga zibahuta, bamwe bakazita amazina bashingiye ku ngaruka zigira ku wa zinyoye.

Hari izo bita Umumanurajipo, Yewe Muntu( uwayisinze iyo abonye igihugu akibonamo umuntu), Imyumvire Mibi( uwayisinze umubwira ikintu akacyumva amacuri) n’izindi.

Nzoga Ejo ni inzoga yabanje kuvugwa mu Murenge wa Kageyo mu Karere ka Gicumbi.

Bayise batyo kuko umuntu uyinyoye aba atandukanye no kuzongera gukaraba ukundi.

Umusabye gukaraba ngo agire icyo atamira, undi amusubiza ko ‘azoga ejo.’

‘Nzoga Ejo’ yengwa mu bitoki ariko bakabivangamo amatafari ahiye n’ifumbire.

Umwihariko wayo ni uko uyisinze ahita atakaza ubushobozi bwo kubaka urugo by’abantu bakuru.

Ikibabaje ni uko abaturage bazikunda kubera ko zihendutse.

Litiro imwe(1) igura amafaranga 200( Frw 200).

Abenga izi nzoga bavuga ko abavuga ko zitujuje ubuziranenge babeshya kubera ngo ziba zizujuje ubuziranenge.

Ngo zenze mu bitoki bitavangiye!

Mu Karere ka Gisagara ho haba inzoga bita ‘Igikwangari’
TAGGED:GicumbiInzogaMusanze
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Putin Arasura Koreya Ya Ruguru Baganire Ku Ntambara Na Ukraine
Next Article Uganda Yikomye Abayishinja Gukorana Na M23
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?