Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Musanze: Polisi Yafunze Ahengerwaga Inzoga Yitwa Karigazoke
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Musanze: Polisi Yafunze Ahengerwaga Inzoga Yitwa Karigazoke

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 September 2025 10:29 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatandatu, tariki 06, Nzeri, Polisi ikorera mu Karere ka Musanze k’ubufatanye n’abaturage yafunze ahakorerwaga inzoga bita Karigazoke, uwazikoraga arafungwa nazo ziramenwa.

Hamenwe litiro 1750, bikaba byakozwe mu rwego rwo kurwanya inzoga zitemewe zikorerwa mu Mirenge itandukanye irimo n’uwa Gacaca mu Kagari ka Kabirizi, Umudugudu wa Mata.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru yemeza ko uwafashwe yashakaga gukwirakwiza iyo nzoga mu baturage.

IP Ignace Ngirabakunzi avuga ko urwego akorera ruzafata kandi rugahana abashakira inyungu mu kwangiza ubuzima bw’abaturage.

Asaba abaturage kuzibukira inzoga zibicira ubuzima ngo ni uko zihendutse.

Ati: “Polisi isaba abaturage kwirinda kunywa ibintu bitemewe kuko bibagiraho ingaruka zirimo n’uburwayi. Isaba ubufatanye mu kurwanya ibinyobwa bitemewe, bagatanga amakuru y’aho bikorerwa kugira ngo ababikora bafatwe babihanirwe.”

Yemeza ko ku bufatanye n’izindi nzego, bazarwanya abantu bose bakwiza izo kabutindi mu baturage bagamije inyungu.

Ni inyungu nini kuko agacupa kamwe ka Karigazoke kagura Frw 700 bivuze ko abacuruza izo nzoga bahenda abantu kandi bakabangiriza n’ubuzima.

Niba agacupa kamwe kajyamo byibura mililitiro 500 kakagura ayo mafaranga, uhita wumva ubwinshi bw’amafaranga bakuramo n’ubukana bw’uburozi buba bwagiye mu mubiri w’uwanyoye inzoga nk’iyo itemewe.

IP Ngirabakunzi avuga ko Polisi ikora ibiri mu nshingano zayo, birimo kuburira abantu kureka ibyaha ariko igakurikirana n’abica amategeko.

Ati: “Tuzakomeza kwigisha abaturage ingaruka zo kunywa ibinyobwa bitemewe ndetse tubifatanye no gufata ababikora kugira ngo bahanwe. Ahantu higanje izi nzoga zitemewe niho kenshi usanga hari n’ibibazo by’urugomo, amakimbirane mu miryango n’izindi ngaruka zikomoka ku businzi.”

Abakora ziriya nzoga bazita amazina ubwayo ashobora kuburira abazinywa.

Uretse izina ‘Karigazoke’ utamenya icyo risobanuye, hari andi mazina mazina nka Muriture, Nzoga Ejo, Muhenyina, Tunuri, Umumanurajipo n’ayandi yumvikanisha ingaruka izo nzoga zigira kubazinywa.

Ikiguzi cy’inzoga zitujuje ubuziranenge ni kinini kuko kirenga amafaranga azigendaho, kikagera ku rugomo ziteza no kwangiza ubuzima bw’abazinywa.

Umwijima, impyiko, umutima, ubwonko n’ibihaha biri mu nyama z’umubiri w’umuntu zizahazwa cyane n’inzoga muri rusange.

TAGGED:InzogaMusanzePolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye
Next Article Ebola Yagarutse Muri DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?