Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Musanze: Yajijije Umugore We Kujyana Imitungo Kwa Nyirabukwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Musanze: Yajijije Umugore We Kujyana Imitungo Kwa Nyirabukwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 September 2023 7:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwumvikane buke bushingiye ku mitungo abashakanye basangiye ni imwe mu mpamvu zikomeye zigitera amakimbirane mu ngo z’Abanyarwanda. Nk’ubu mu Murenge  wa Shingiro mu Karere ka Musanze umugabo aherutse gufata umutwe w’umugore we awukubita ku rukuta amuziza ko hari imitungo ashyira iwabo.

Abaturage bavuga ko uriya mugabo yazibiranyijwe n’uburakari yari atewe n’uko ngo umugore we hari bimwe mu byo bejeje cyangwa batunze ashyira iwabo.

Yamuteye  imigeri mu kiziba cy’inda afata n’umutwe we awukubita ku rukuta, bamujyana kwa muganga.

Nyuma y’amasaha make, uwo mugabo yagiye aho uriya mugore arwariye ngo agiye kumurwaza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abaturage baramubonye baramumenya bagira amakenga ko yaba ashaka kuza kumuhuhura nibwo batabanje inzego z’umutekano arafatwa.

Umugore yari arwariye ku kigo nderabuzima cya Shingiro.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Shingiro, Hanyurwabake Théoneste yabwiye itangazamakuru ko abaturage barebye basanga bitumvikana ukuntu umugabo wari wateye umugore we imigeri ikomeye, yari yaribwirije akaza kumurwaza.

Hanyurwabake Théoneste

Yagize ati: “Nk’umuntu wari umaze gutera umugore we imigeri yo mu nda, yanamukubise ku gikuta, kugenda ngo amurwaze byatumye abaturage bakeka  ko yaba ari amayeri n’uburyo yigiriyemo inama bwo kwigaragaza nk’umuntu wabikoze atabishaka, atabigambiriye bikaba  kujijisha agira ngo agaragaze ko amufitiye impuhwe.”

Bararebye basanga izo mpuhwe zaba ari iza bihehe bahitamo kumuhururiza, arafatwa.

- Advertisement -

Hanyurwabake Théoneste avuga ko uvugwaho gukubita uwo bashakanye asanzwe abikora.

Ngo biragoranye kwemeza ko ibyo uwo mugabo ashinja umugore we by’uko asahurira iwabo umutungo w’urugo  aribyo kuko nta rwego yigeze abimenyesha.

Gitifu aburira abagabo n’abagore kwirinda ikintu cyose cyaba imbarutso y’amakimbirane mu miryango, no kujya bihutira gutanga amakuru ku byo babona bitagenda neza hagati yabo, aho kwihanira.

Hagati aho, amakuru avuga ko uriya mugore yashakanye n’uwo mugabo afite imyaka 19 y’amavuko kandi ntiyemewe mu mategeko y’u Rwanda ko abayifite bashakana.

Imyaka 21 niyo iteganyijwe mu itegeko ry’umuryango mu Rwanda.

Icyakora ubu riri kuvugururwa.

TAGGED:featuredImitungoMusanzeUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ese Biratangaje Ko Amavubi Y’Abagore Yatsindwa N’Abagore Ba Ghana 7-0?
Next Article Kazungu Denis Yasabye Urukiko Kuzaburanira Mu Muhezo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?