Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Musanze: Yajijije Umugore We Kujyana Imitungo Kwa Nyirabukwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Musanze: Yajijije Umugore We Kujyana Imitungo Kwa Nyirabukwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 September 2023 7:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwumvikane buke bushingiye ku mitungo abashakanye basangiye ni imwe mu mpamvu zikomeye zigitera amakimbirane mu ngo z’Abanyarwanda. Nk’ubu mu Murenge  wa Shingiro mu Karere ka Musanze umugabo aherutse gufata umutwe w’umugore we awukubita ku rukuta amuziza ko hari imitungo ashyira iwabo.

Abaturage bavuga ko uriya mugabo yazibiranyijwe n’uburakari yari atewe n’uko ngo umugore we hari bimwe mu byo bejeje cyangwa batunze ashyira iwabo.

Yamuteye  imigeri mu kiziba cy’inda afata n’umutwe we awukubita ku rukuta, bamujyana kwa muganga.

Nyuma y’amasaha make, uwo mugabo yagiye aho uriya mugore arwariye ngo agiye kumurwaza.

Abaturage baramubonye baramumenya bagira amakenga ko yaba ashaka kuza kumuhuhura nibwo batabanje inzego z’umutekano arafatwa.

Umugore yari arwariye ku kigo nderabuzima cya Shingiro.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Shingiro, Hanyurwabake Théoneste yabwiye itangazamakuru ko abaturage barebye basanga bitumvikana ukuntu umugabo wari wateye umugore we imigeri ikomeye, yari yaribwirije akaza kumurwaza.

Hanyurwabake Théoneste

Yagize ati: “Nk’umuntu wari umaze gutera umugore we imigeri yo mu nda, yanamukubise ku gikuta, kugenda ngo amurwaze byatumye abaturage bakeka  ko yaba ari amayeri n’uburyo yigiriyemo inama bwo kwigaragaza nk’umuntu wabikoze atabishaka, atabigambiriye bikaba  kujijisha agira ngo agaragaze ko amufitiye impuhwe.”

Bararebye basanga izo mpuhwe zaba ari iza bihehe bahitamo kumuhururiza, arafatwa.

Hanyurwabake Théoneste avuga ko uvugwaho gukubita uwo bashakanye asanzwe abikora.

Ngo biragoranye kwemeza ko ibyo uwo mugabo ashinja umugore we by’uko asahurira iwabo umutungo w’urugo  aribyo kuko nta rwego yigeze abimenyesha.

Gitifu aburira abagabo n’abagore kwirinda ikintu cyose cyaba imbarutso y’amakimbirane mu miryango, no kujya bihutira gutanga amakuru ku byo babona bitagenda neza hagati yabo, aho kwihanira.

Hagati aho, amakuru avuga ko uriya mugore yashakanye n’uwo mugabo afite imyaka 19 y’amavuko kandi ntiyemewe mu mategeko y’u Rwanda ko abayifite bashakana.

Imyaka 21 niyo iteganyijwe mu itegeko ry’umuryango mu Rwanda.

Icyakora ubu riri kuvugururwa.

TAGGED:featuredImitungoMusanzeUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ese Biratangaje Ko Amavubi Y’Abagore Yatsindwa N’Abagore Ba Ghana 7-0?
Next Article Kazungu Denis Yasabye Urukiko Kuzaburanira Mu Muhezo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

DJ Toxxyk Hari Ibyo Yemeye Mu Rukiko Ibindi Arabihakana

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Umutoza W’Amavubi Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?