Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Museveni Yahinduye Visi Perezida, Minisitiri w’Intebe N’Umugaba W’Ingabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Museveni Yahinduye Visi Perezida, Minisitiri w’Intebe N’Umugaba W’Ingabo

admin
Last updated: 09 June 2021 10:19 am
admin
Share
Muri 2015 ubwo Museveni yari Umuhuza mu bibazo bya Politiki y'u Burundi
SHARE

Perezida Yoweri Museveni yashyizeho Guverinoma nshya, ahereye kuri Jessica Alupo wagizwe Visi Perezida, asimbuye Edward Ssekandi wari usoje manda ebyiri. Ni nyuma y’uko aheruka kurahirira manda ya gatandatu nka Perezida wa Uganda.

Jessica Alupo wagizwe Visi Perezida yahoze ari Minisitiri w’Uburezi.

Guverinoma yashyizweho igizwe n’abantu 32 uhereye kuri visi perezida ukagera ku baminisitiri, n’abanyamabanga ba Leta 50. Harimo n’abajyanama bakuru batanu.

Minisitiri w’Intebe yagizwe Robinah Nabbanja asimbura Dr Ruhakana Rugunda. Dr Rugunda yagizwe intumwa idasanzwe ya Museveni mu bikorwa byihariye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ni mu gihe Maj Gen Jim Muhwezi uri mu basirikare barwanye urugamba rwo kubohora Uganda, yagizwe Minisitiri muri Perezidansi ushinzwe Umutekano.

Rebecca Kadaga wahoze ayobora Inteko ishinga amategeko, yagizwe Minisitiri w’Intebe wungirije wa mbere, ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Ni mu gihe Gen Jeje Odong wari usanzwe ari Minisitiri w’umutekano mu gihugu yasimbuye Sam Kutesa ku mwanya wa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga.

Odong we yasimbuwe na Kahinda Otafire wari usanzwe ari Minisitiri w’Ubutabera. Ni mu gihe Gen. David Muhoozi wari usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda yagizwe umunyamabaganga wa Leta muri  iyo minisiteri. Ntabwo hatangajwe uwamusimbuye.

Mu bagumanye imyanya yabo harimo Minisitiri w’Uburezi na Siporo, Janet Museveni, Minisitiri w’Imari n’igenagambi Matia Kasaija, Minisitiri w’Ibikorwaremezo Gen. Katumba Wamala na Minisitiri w’Ubuzima Dr. Jane Aceng.

- Advertisement -

Mu zindi mpinduka, Kasule Lumumba usanzwe ari Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka NRM yagizwe Minisitiri mu biro bya Minisitiri w’Intebe ushinzwe ibikorwa rusange. Mu ishyaka yasimbuwe na Richard Todwong.

Gen Elly Tumwiine yagizwe Umujyanama Mukuru wa Perezida mu bijyanye n’umutekano.

TAGGED:featuredYoweri Kaguta Museveni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uko Imikino Y’Irushanwa Rya Cricket Kwibuka T20 Ku Munsi 3 Yagenze
Next Article Amayeri Ya Polisi Mu Gufatira Icyarimwe Abagizi Ba Nabi 800
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?