Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Museveni Yahinduye Visi Perezida, Minisitiri w’Intebe N’Umugaba W’Ingabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Museveni Yahinduye Visi Perezida, Minisitiri w’Intebe N’Umugaba W’Ingabo

admin
Last updated: 09 June 2021 10:19 am
admin
Share
Muri 2015 ubwo Museveni yari Umuhuza mu bibazo bya Politiki y'u Burundi
SHARE

Perezida Yoweri Museveni yashyizeho Guverinoma nshya, ahereye kuri Jessica Alupo wagizwe Visi Perezida, asimbuye Edward Ssekandi wari usoje manda ebyiri. Ni nyuma y’uko aheruka kurahirira manda ya gatandatu nka Perezida wa Uganda.

Jessica Alupo wagizwe Visi Perezida yahoze ari Minisitiri w’Uburezi.

Guverinoma yashyizweho igizwe n’abantu 32 uhereye kuri visi perezida ukagera ku baminisitiri, n’abanyamabanga ba Leta 50. Harimo n’abajyanama bakuru batanu.

Minisitiri w’Intebe yagizwe Robinah Nabbanja asimbura Dr Ruhakana Rugunda. Dr Rugunda yagizwe intumwa idasanzwe ya Museveni mu bikorwa byihariye.

Ni mu gihe Maj Gen Jim Muhwezi uri mu basirikare barwanye urugamba rwo kubohora Uganda, yagizwe Minisitiri muri Perezidansi ushinzwe Umutekano.

Rebecca Kadaga wahoze ayobora Inteko ishinga amategeko, yagizwe Minisitiri w’Intebe wungirije wa mbere, ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Ni mu gihe Gen Jeje Odong wari usanzwe ari Minisitiri w’umutekano mu gihugu yasimbuye Sam Kutesa ku mwanya wa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga.

Odong we yasimbuwe na Kahinda Otafire wari usanzwe ari Minisitiri w’Ubutabera. Ni mu gihe Gen. David Muhoozi wari usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda yagizwe umunyamabaganga wa Leta muri  iyo minisiteri. Ntabwo hatangajwe uwamusimbuye.

Mu bagumanye imyanya yabo harimo Minisitiri w’Uburezi na Siporo, Janet Museveni, Minisitiri w’Imari n’igenagambi Matia Kasaija, Minisitiri w’Ibikorwaremezo Gen. Katumba Wamala na Minisitiri w’Ubuzima Dr. Jane Aceng.

Mu zindi mpinduka, Kasule Lumumba usanzwe ari Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka NRM yagizwe Minisitiri mu biro bya Minisitiri w’Intebe ushinzwe ibikorwa rusange. Mu ishyaka yasimbuwe na Richard Todwong.

Gen Elly Tumwiine yagizwe Umujyanama Mukuru wa Perezida mu bijyanye n’umutekano.

TAGGED:featuredYoweri Kaguta Museveni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uko Imikino Y’Irushanwa Rya Cricket Kwibuka T20 Ku Munsi 3 Yagenze
Next Article Amayeri Ya Polisi Mu Gufatira Icyarimwe Abagizi Ba Nabi 800
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?