Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Museveni ‘Yanze’ Ko Umuhungu We Ava Mu Gisirikare
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Museveni ‘Yanze’ Ko Umuhungu We Ava Mu Gisirikare

admin
Last updated: 09 March 2022 10:08 am
admin
Share
SHARE

Imvugo z’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, zikomeje guteza urujijo ku mbuga nkoranyambaga, nyuma y’uko kuri uyu wa Kabiri yatangaje ko asezeye mu gisirikare amazemo imyaka 28.

Ni icyemezo yatangaje nyuma y’igihe binugwanugwa ko ashaka kwinjira muri politiki mu buryo bweruye, cyane ko ahabwa amahirwe yo gusimbura se mu 2026.

Mu gihe cyari kikivugwaho byinshi, haje kujya hanze amashusho yatangajwe n’umunyamakuru ukomeye muri Uganda, Andrew Mwenda, aganira na Lt. Gen. Muhoozi yamusuye mu rugo.

Humvikanamo ijwi ry’umuntu utagaragara ubaza Mwenda wiyita Colonel General, igihe Muhoozi azasezerera mu gisirikare.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Amusubiza ati “Lieutenant General azasezera mu gisirikare mu myaka umunani.”

Muhoozi uba umufashe ku rutugu ahita abishimangira, akavuga ngo “ntabwo ari ejo, ahubwo mu myaka umunani.”

The real news about @mkainerugaba retirement from @UPDFspokespersn is right here! pic.twitter.com/VWKaV1BSmb

— Andrew M. Mwenda (@AndrewMwenda) March 8, 2022

Ibinyamakuru byo muri Uganda byatangaje ko hari amakuru ko nyuma yo gutangaza ko agiye gusezera, Perezida Museveni yahise ahamagara Muhoozi amubuza gusezera imburagihe.

Kugira ngo asezere mu gisirikare ngo yasabwaga kubinyuza ku buyobozi bushinzwe kuzamura mu ntera no gutanga inshingano, ibintu ngo atarakora.

- Advertisement -

Ntabwo haramenyekana impamvu ashaka gusezera ku myaka 47, kuko ipeti afite rimwemerera kuguma mu gisirikare kugeza yujuje imyaka 60.

Byongeye, Lt Gen Muhoozi usanzwe ari Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka ni we ushinzwe ibitero ingabo za Uganda zirimo kugaba ku mutwe wa ADF muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, bizwi nka Operation Shujaa.

Si ubwa mbere ariko Muhoozi atangaje ko ashaka kuva mu gisirikare.

Yabikoze mu mwaka ushize avuga ko igisirikare cyimwe amafaranga yo kubaka amacumbi ya ba ofisiye bakuru, ku cyicaro gikuru cy’ingabo za Uganda (UPDF) mu gace ka Bombo.

 

Gen Muhoozi Kainerugaba Yasezeye Igisirikare

TAGGED:featuredGen Muhoozi KainerugabaUgandaUPDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubushyuhe Bw’Isi Mu Mwaka 2021 Ntibwigeze Bubaho Mu Mateka-Raporo
Next Article Ubukonje Buri Munsi -20C Bwakomye Imbere Ibitero By’u Burusiya Kuri Ukraine
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?