Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mushikiwabo ‘Yagabanyije’ Akajagari Muri OIF
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Mushikiwabo ‘Yagabanyije’ Akajagari Muri OIF

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 February 2021 12:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Louise Mushikiwabo ari mu gihembwe cya kabiri cya manda ye ayobora Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa. Yishimira ko yatumye uyu muryango ukorera mu mucyo kurushaho kandi ukavamo akajagari.

Madamu Louise Mushikiwabo yatangiye kuyobora OIF mu mwaka wa 2019 asimbuye Umunya Haiti kazi witwa Michaelle Jean.

Mu gihe Umuryango ayoboye witegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 ushinzwe, Louise Mushikiwabo nawe aritegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 60 amaze avutse.

Isabukuru y’imyaka 50 ya OIF izizihirizwa mu Kirwa kitwa mu Gifaransa île de Djerba kiri muri Tunisie.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mbera y’uko akomeza urugendo rwe yari  afite i  Chisinau muri Moldavie, Louise Mushikiwabo yahaye ikiganiro Jeune Afrique abwira abanyamakuru bayo ko yishimira ibyo yagezeho mu myaka ibiri arangije ayobora uriya muryango ariko yongereho ko akazi kamutegereje ari kenshi.

Muri Moldavie Louise Mushikiwabo yagiye yo gutangiza ubukangurambaga bwo gukingira abahatuye COVID-19.

Mushiwabo yabwiye Jeune Afrique ko n’ubwo yishimira ibyo yagezeho kandi mu ngeri nyinshi, ariko agifite akazi kenshi mu kubona abakozi bashoboye kandi bakorana ikinyabupfura.

Kuri we kandi birakenewe ko OIF ikomeza gukorera ku muvuduko iriho muri iki gihe ndetse ikawongera kugira ngo igere ku musaruro munini kurushaho.

Ikindi yemeza ko yagezeho kandi mu buryo bukwiye ni ugukura mu nshingano abantu bakoraga ku myanya ya baringa.

- Advertisement -

Kuri we byahendaga OIF kandi nta musaruro bitanga.

Abajijwe niba nta mbogamizi yagize mu kazi ke, Mushikiwabo yavuze ko zitabura cyane cyane izerekeye abatarashakaga ko hagira ibindi bihinduka.

Mushikiwabo avuga ko  bitamuciye intege, ahubwo yakomeje gukorera ku muvuduko asanzwe ho kuko amenyereye igitutu nka kiriya.

Yemeza ko Abakuru b’Ibihugu bigize OIF bamuhaye inshingano zo gutunga imikorere ya OIF kandi ari ‘kubikora neza.’

Umwaka ushize mu kiganiro yahaye TV5 Monde n’Ikinyamakuru Le Monde Louise Mushikiwabo yavuze ko mu gihe cy’umwaka yari arangije ayobora Organisation Internationale de la Francophonie harimo kwegera abaturage.

Mushikiwabo yari yaje nk’umutumirwa kugira ngo agire ibyo atangaza mu gihe Umuryango ayoboye witegura kwizihiza imyaka 50 umaze ushinzwe.

Avuga ko iyo witegereje uko isi imeze muri iki gihe usanga hagomba kugira ibihinduka mu mikorere, imitekerereze ndetse abantu bagahanga ibishya.

Avuga ko mu miyoborere ye yirinze gukuraho ibyahozeho byose ariko azanamo  ako kwegera abaturage.

TAGGED:AfriquefeaturedMushikiwaboOIF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Impamvu COVID-19 Yica Bake Mu Rwanda Kurusha Uko Byakekwaga
Next Article Iperereza Ku Rupfu Rwa Ambasaderi W’u Butaliyani Wiciwe DRC Ryatangiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?