Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mushikiwabo ‘Yagabanyije’ Akajagari Muri OIF
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Mushikiwabo ‘Yagabanyije’ Akajagari Muri OIF

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 February 2021 12:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Louise Mushikiwabo ari mu gihembwe cya kabiri cya manda ye ayobora Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa. Yishimira ko yatumye uyu muryango ukorera mu mucyo kurushaho kandi ukavamo akajagari.

Madamu Louise Mushikiwabo yatangiye kuyobora OIF mu mwaka wa 2019 asimbuye Umunya Haiti kazi witwa Michaelle Jean.

Mu gihe Umuryango ayoboye witegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 ushinzwe, Louise Mushikiwabo nawe aritegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 60 amaze avutse.

Isabukuru y’imyaka 50 ya OIF izizihirizwa mu Kirwa kitwa mu Gifaransa île de Djerba kiri muri Tunisie.

Mbera y’uko akomeza urugendo rwe yari  afite i  Chisinau muri Moldavie, Louise Mushikiwabo yahaye ikiganiro Jeune Afrique abwira abanyamakuru bayo ko yishimira ibyo yagezeho mu myaka ibiri arangije ayobora uriya muryango ariko yongereho ko akazi kamutegereje ari kenshi.

Muri Moldavie Louise Mushikiwabo yagiye yo gutangiza ubukangurambaga bwo gukingira abahatuye COVID-19.

Mushiwabo yabwiye Jeune Afrique ko n’ubwo yishimira ibyo yagezeho kandi mu ngeri nyinshi, ariko agifite akazi kenshi mu kubona abakozi bashoboye kandi bakorana ikinyabupfura.

Kuri we kandi birakenewe ko OIF ikomeza gukorera ku muvuduko iriho muri iki gihe ndetse ikawongera kugira ngo igere ku musaruro munini kurushaho.

Ikindi yemeza ko yagezeho kandi mu buryo bukwiye ni ugukura mu nshingano abantu bakoraga ku myanya ya baringa.

Kuri we byahendaga OIF kandi nta musaruro bitanga.

Abajijwe niba nta mbogamizi yagize mu kazi ke, Mushikiwabo yavuze ko zitabura cyane cyane izerekeye abatarashakaga ko hagira ibindi bihinduka.

Mushikiwabo avuga ko  bitamuciye intege, ahubwo yakomeje gukorera ku muvuduko asanzwe ho kuko amenyereye igitutu nka kiriya.

Yemeza ko Abakuru b’Ibihugu bigize OIF bamuhaye inshingano zo gutunga imikorere ya OIF kandi ari ‘kubikora neza.’

Umwaka ushize mu kiganiro yahaye TV5 Monde n’Ikinyamakuru Le Monde Louise Mushikiwabo yavuze ko mu gihe cy’umwaka yari arangije ayobora Organisation Internationale de la Francophonie harimo kwegera abaturage.

Mushikiwabo yari yaje nk’umutumirwa kugira ngo agire ibyo atangaza mu gihe Umuryango ayoboye witegura kwizihiza imyaka 50 umaze ushinzwe.

Avuga ko iyo witegereje uko isi imeze muri iki gihe usanga hagomba kugira ibihinduka mu mikorere, imitekerereze ndetse abantu bagahanga ibishya.

Avuga ko mu miyoborere ye yirinze gukuraho ibyahozeho byose ariko azanamo  ako kwegera abaturage.

TAGGED:AfriquefeaturedMushikiwaboOIF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Impamvu COVID-19 Yica Bake Mu Rwanda Kurusha Uko Byakekwaga
Next Article Iperereza Ku Rupfu Rwa Ambasaderi W’u Butaliyani Wiciwe DRC Ryatangiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?