Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mushikiwabo Yamaganye Ubwicanyi Buherutse Kubera Muri Burkina Faso
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Mushikiwabo Yamaganye Ubwicanyi Buherutse Kubera Muri Burkina Faso

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 June 2021 11:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa, OIF, Madamu Louise Mushikiwabo yamaganye ubwicanyi buherutse gukorerwa abaturage ba Burkina Faso, avuga ko ari ubunyamaswa bukwiye kwamaganwa.

Guverinoma ya Burkina Faso niyo yaraye  itangaje ko abantu 132 biciwe mu gitero cyagabwe n’abantu bitwaje intwaro mu gace ka Solhan, mu Majyaruguru y’icyo gihugu.

Iki gitero cyagabwe ahagana saa munani z’igicuku. Ni cyo gihitanye abantu benshi muri icyo gihugu kuva mu 2015.

Perezida Roch Marc Christian Kaboré yahise atangaza amasaha 72 y’icyunamo, mu guha icyubahiro abishwe.

Uretse kwica abantu, abagabye kiriya gitero batwitse inzu zirimo n’isoko ryo muri kariya gace.

Madamu Louise Mushikiwabo yavuze ubuyobozi bw’Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa wifatanyije n’abaturage ba Burkina Faso.

Ku rubuga rwa Twitter rwawo handitse ko ‘Mushikiwabo yababajwe’ na kiriya gitero kandi ko acyamaganye kuko ari igikorwa cy’ubunyamaswa cyahitanye ubuzima bw’abantu barenga 100.

Burkina Faso ni kimwe mu bihugu bigize Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa, Organisation Internationale de la Francophonie, uyu muryango ukaba ufite icyicaro, i Paris mu Bufaransa.

Buriya bwicanyi bwabereye muri kariya gace
TAGGED:Burkina FasofeaturedMushikiwaboUbwicanyiUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Pasiteri Wo Muri Nigeria Uzwi Cyane Muri Afurika No Muri Amerika Yapfuye
Next Article Ikipe Y’U Rwanda Y’Abagore Muri Cricket Itangiye Itsinda Ayo Bahanganye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?