Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mushikiwabo Yamaganye Ubwicanyi Buherutse Kubera Muri Burkina Faso
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Mushikiwabo Yamaganye Ubwicanyi Buherutse Kubera Muri Burkina Faso

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 June 2021 11:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa, OIF, Madamu Louise Mushikiwabo yamaganye ubwicanyi buherutse gukorerwa abaturage ba Burkina Faso, avuga ko ari ubunyamaswa bukwiye kwamaganwa.

Guverinoma ya Burkina Faso niyo yaraye  itangaje ko abantu 132 biciwe mu gitero cyagabwe n’abantu bitwaje intwaro mu gace ka Solhan, mu Majyaruguru y’icyo gihugu.

Iki gitero cyagabwe ahagana saa munani z’igicuku. Ni cyo gihitanye abantu benshi muri icyo gihugu kuva mu 2015.

Perezida Roch Marc Christian Kaboré yahise atangaza amasaha 72 y’icyunamo, mu guha icyubahiro abishwe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uretse kwica abantu, abagabye kiriya gitero batwitse inzu zirimo n’isoko ryo muri kariya gace.

Madamu Louise Mushikiwabo yavuze ubuyobozi bw’Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa wifatanyije n’abaturage ba Burkina Faso.

Ku rubuga rwa Twitter rwawo handitse ko ‘Mushikiwabo yababajwe’ na kiriya gitero kandi ko acyamaganye kuko ari igikorwa cy’ubunyamaswa cyahitanye ubuzima bw’abantu barenga 100.

Burkina Faso ni kimwe mu bihugu bigize Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa, Organisation Internationale de la Francophonie, uyu muryango ukaba ufite icyicaro, i Paris mu Bufaransa.

Buriya bwicanyi bwabereye muri kariya gace
TAGGED:Burkina FasofeaturedMushikiwaboUbwicanyiUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Pasiteri Wo Muri Nigeria Uzwi Cyane Muri Afurika No Muri Amerika Yapfuye
Next Article Ikipe Y’U Rwanda Y’Abagore Muri Cricket Itangiye Itsinda Ayo Bahanganye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?