Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muzanshakire Itegeko Rivuga Ko Ufite Ubumuga Adafungwa- CP Kabera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muzanshakire Itegeko Rivuga Ko Ufite Ubumuga Adafungwa- CP Kabera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 January 2021 2:44 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu mudugudu wa Rwamikungu, Akagari ka Nyamikoni, Umurenge wa Kanzenze mu KArere ka Rubavu hari umugabo ufite ubumuga bwo kutabona witwa Dieudonné Munyanshoza uherutse gufungwa na Polisi isanze iwe hari kanyanga. Amakuru avuga ko kera uriya mugabo witwa Munyanshoza yahoze abona neza aza guhuma kubera kanyanga.

Hari ikinyamakuru cyanditse ko Polisi yafashe uriya mugabo nyuma y’uko ije iwe igambiriye gufata umugore we witwa Mutuyimana Vestine ikamubura.

Cyanditse ko Mutuyimana yatorotse, kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru akaba atari yabonetse ngo afatwe.

Tariki 30, Ukuboza, 2020 nibwo uriya mugabo yafashwe nyuma y’uko inzego z’umutekano zimenyeshejwe ko iwe hakorerwa kanyanga.

Dieudonné Munyanshoza(yitiranwa n’umuhanzi Munyanshoza) ni umugabo wubatse ufite umugore n’abana umunani.

Afite ubumuga bwo kutabona , bikaba bivugwa ko yabutewe no kunywa kanyanga nyinshi.

Polisi ivuga ko gufunga umuntu ufite ubumuga bitabujijwe mu mategeko…

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera yabwiye Taarifa ko uriya mugabo yafunzwe akurikiranyweho gucuruza ibiyobyabwenge[kanyanga].

CP Kabera avuga ko mu bitabo by’amategeko ahana mu Rwanda nta hantu havuga ko gufunga umuntu ufite ubumuga[harimo n’ubwo kutabona] bibujijwe.

Yasabye uwaba uzi aho iryo tegeko ribibuza riherereye ko yaherekana, hakamenyekana.

Commissioner Kabera avuga ko Polisi yafashe uriya mugabo kubera ko imukurikiranyeho gucuruza ibiyobyabwenge, ko itabikoze ishingiye ku ngingo y’uko afite ubumuga.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda avuga ko uriya mugabo azashyikirizwa ubugenzacyaha bugakora akazi kabwo.

Methanol iba muri Kanyanga ni uburozi bubi…

Niba koko kwa Munyanshoza bakora kanyanga bivuze ko bakora ‘ikiyobyabwenge gikomeye.’ Kanyanga idafunguye iba irimo ikinyabutabire gikomeye kitwa Methanol.

Methanol ni ikinyabubire kitagira ibara, gishobora guhuhwa n’umuyaga( evaporation) kandi cyaka iyo bakirasiyeho umwambi w’ikibiriti.

Ubukana bwa Methanol ni bwinshi k’uburyo niyo yaba ingana na mililitiro 10 iba ihagije kugira ngo itume runaka wayinyoye ahuma.

Ahuma kubera ko kiriya kinyabutabire cyangiza uturandaryi nyabwonko dukorana n’amaso tugatuma umuntu atabona, utwo turandaryi batwita optic nerve mu Cyongereza.

Mililitiro 30 za methanol zo zirica.

Ikibazo ni uko iki kiyobyabwenge gisa neza n’ikindi kitwa Ethanol.

N’ubwo abahanga muri byo bashobora kubitandukanya, ariko kumenya aho bitandukaniye si ibya buri wese.

TAGGED:featuredKaberaPolisiRubavuUbumuga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kenya Iratangira Akazi Mu Kanama Gashinzwe Amahoro Ku Isi
Next Article Haburaga Gato Ngo Guma Mu Rugo Igarurwe-Dr Mpunga wa Minisante
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?