Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muzaze Dushimire Imana Ibyiza Yagejeje Ku Gihugu-Amb Murigande
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImyidagaduroMu Rwanda

Muzaze Dushimire Imana Ibyiza Yagejeje Ku Gihugu-Amb Murigande

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 August 2025 3:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Murigande aganira n'abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu.
SHARE

Ambasaderi Prof. Charles Murigande usanzwe ari umuhuzabikorwa  wa Rwanda Shima Imana, iyi ikaba gahunda itegura igitaramo mpuzamatorero, avuga ko ubwo kizaba cyabaye, buzaba ari uburyo bwo kongera gushimira Imana igejeje u Rwanda aheza ruri.

Mu kiganiro yahaye abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu gitegura iki kitaramo yavuze ko tariki 29 na tariki 30, Kanama, 2025 izaba iminsi yo guhuza amashimwe agenewe Imana ngo ibone ko Abanyarwanda bazirikana kandi bashima ibyiza yabagejejeho.

Hari n’abagize Komite yabiteguye, Murigande yagize ati:“ Rwanda Shima Imana ni igihe cyo kuzirikana, kunga ubumwe no guhimbaza Imana nk’ igihugu. Ni igihe cyo guhuriza hamwe twese nk’Abanyarwanda tubwira Imana ishobora byose tuti “Shimwa” kubyo wakoreye u Rwanda”.

Avuga ko buzaba uburyo bwo kuyishimira ko yayoboye abayobozi barwo mu bwitange bwabo mu kurinda igihugu  no kuzahura ubukungu bwacyo.

Ati: “Reka buri Munyarwanda afate iki gihe yibuke ko icyo turi cyose n’ ibyo tumaze kugeraho byose ari ku bw’ubuntu bw’Imana”.

Rwanda Shima Imana ni igikorwa ngarukamwaka cyo gushima Imana k’ urwego rw’ igihugu kubera aho kimaze kugera mu iterambere.

Abategura iki gikorwa bavuga kwizihiza Rwanda Shima Imana mu mwaka wa 2025, bizibanda ku gushima Imana ku bw’ ikiganza cyayo ku mahoro, umutekano n’ impinduka mu mibereho myiza n’iterambere  ry’ubukungu.

Ni igikorwa gihuza amadini ya Gikirisitu hafi ya yose akorera mu Rwanda.

Amatorero  n’amadini yifatanya mu masengesho, kuramya, guhimbaza Imana  n’ ubuhamya, hazirikanwa intambwe ikomeye u Rwanda rumaze gutera mu kubaka ubumwe bw’igihugu, amahoro, umutekano ndetse n’ impinduka mu mibereho myiza n’Iterambere ry’ ubukungu byimakajwe n’ubuyobozi bwiza.

Komite itegura iki gikorwa irahamagarira amatorero yose n’amadini yose,  imiryango, n’abantu ku giti cyabo mu gihugu hose, kugira uruhare rugaragara no gushishikariza abandi kwifatanya mu kwizihiza  igikorwa cyo gushima Imana ku rwego rw’igihugu.

TAGGED:IgitaramoIkigoImanaMurigandeShima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yaganiriye Na Mugenzi We Wa Mozambique
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Muzaze Dushimire Imana Ibyiza Yagejeje Ku Gihugu-Amb Murigande

Kagame Yaganiriye Na Mugenzi We Wa Mozambique

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Uburundi Bugiye Kubaka Gariyamoshi

Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

You Might Also Like

Imyidagaduro

Taylor Swift Yemeye Kurushinga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Gisagara: Abashakanye Baravugwaho Kwica Umuntu Muri 2021 Bamuta Mu Bwiherero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?