Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Na Bernard Ntaganda Arashaka Gukurwaho Ubusembwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Na Bernard Ntaganda Arashaka Gukurwaho Ubusembwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 February 2024 8:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Me Ntaganda Bernard usanzwe uyobora PS Imberakuri, uruhande rutaremerwa nk’ishyaka mu Rwanda, yatangaje ko yatanze ikirego mu rukiko rukuru asaba ihanagurabusembwa. Avuga ko ashaka kuziyamamariza kuyobora u Rwanda.

Iby’iki kirego byasohotse mu itangazo PS Imberakuri ya Me Ntaganda yaraye itangaje.

Muri ryo havugwamo  ko  ‘taliki ya 4, Werurwe 2019 , Me Ntaganda Bernard  yandikiye Urukiko rukuru arusaba gukoresha ububasha ruhabwa n’amategeko kugira ngo rumuhanagureho ubusembwa ariko ntirwamusubiza.’

Rikomeza rivuga ko Me Ntaganda Bernard agifite ubushake bwo gukomeza guhatana mu matora ateganyijwe ku 15, Nyakanga, 2024 bityo agasaba urukiko kumukuraho ubusembwa.

Hari igika muri icyo tangazo kigira kiti: “ “ Ni muri urwo rwego Me Ntaganda Bernard yiyemeje nanone kuzahatana na Perezida Paul Kagame mu matora ya Perezida wa Repubulika yo kuwa 15, Nyakanga, 2024 bityo akaba asaba urukiko rukuru gukuraho iyo nzitizi y’ubusembwa.”

Muri Gicurasi 2022, Me Ntaganda Bernard yigeze kubwira itangazamakuru ko ashaka kwiyamamaza mu matora kuko yifuza ko Demukarasi n’uburenganzira bwa muntu bitera imbere mu Rwanda.

Icyo gihe yagize  ati: “Icyemezo gishingiye kuba turi abanyapolitiki, dufite ishyaka rya politiki kandi ishyaka rya politiki ntabwo ari ishyirahamwe rihinga amateke, riba rigamije ubuvugizi, gufata rero icyo cyemezo ni uko tuba twifuza ko ibintu bihinduka mu Rwanda, imiyoborere y’igihugu igahinduka.”

Avuga ko kugira ngo ibyo bigerweho, bisaba ko umuntu ajya mu nzego ziyobora igihugu, akajya mu mwaka w’Umukuru w’Igihugu bityo agashobora gushyira mu bikorwa gahunda za politiki aba afite.

PS Imberakuri ya Me Ntagamda yashinzwe taliki 17, Nyakanga, 2009; yemezwa mu igazeti ya Leta ku ya 09, Ugushyingo uwo mwaka ariko iza gucikamo ibice.

Igice cyemewe n’amategeko y’u Rwanda kiyobowe na Christine Mukabunani, akaba ari Umudepite mu Nteko ishinga amategeko.

Bernard Ntaganda yamaze imyaka ine afunzwe nyuma yo guhamwa n’ibyaha birimo kuvutsa igihugu umudendezo, guteza amacakubiri, gukorana n’abagamije guhungabanya umutekano w’igihugu n’ubufatanyacyaha mu myigaragambyo itemewe n’amategeko.

Yarangije igihano cye taliki ya 04 Kamena, 2014 ararekurwa ariko akomeza kugaragara mu bikorwa bya politiki.

Hagati aho, undi munyapolitiki witwa Ingabire Victoire Umuhoza nawe aherutse gusaba urukiko rukuru kumuhanaguraho ubusembwa kuko yarangije imyaka itanu igenwa n’itegeko ngo umuntu asabe guhanagurwaho ubusembwa.

Ifoto: Bernard Ntaganda@BBC 

TAGGED:AmatorafeaturedItangazoKwiyamamazaNtagandaUbusembwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Gushyiraho Urukiko Rwo Kumva Ibibazo By’Impunzi N’Abimukira
Next Article Ubufatanye Bw’u Rwanda Na Pologne Mu Byogajuru
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?