Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nasabye Abanyamerika Kujya Baduha Amahoro Ku Munsi Wo Kwibuka- Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nasabye Abanyamerika Kujya Baduha Amahoro Ku Munsi Wo Kwibuka- Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 April 2024 12:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame yavuze ko mu mwaka wa 2015 hari ibaruwa yandikiye ubutegetsi bw’Amerika abusaba ko indi minsi y’umwaka bwazajya buvuga ibyo u Rwanda rudakora neza ariko ku italiki 07, Mata, buri kwezi bagaha abanyarwanda agahenge ahubwo bakifatanya nabo mu kwibuka, ariko nabyo bakabikora ku bushake.

Yasubiza ikibazo cy’icyo avuga ko nyito Umunyamabanga w’Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga Antony Blinken yavuze mu butumwa yatanze kuri uyu wa 07, Mata, 2024 ubwo yavugaga ko Amerika yifatanyije n’ababuze ababo barimo Abatwa , Abahutu n’Abatutsi.

Ni imvugo yamaganywe na  benshi kubera ko ihabanye n’inyito Umuryango w’Abibumbye wemeye y’uko ari Jenoside yakotwe Abatutsi mu Rwanda atari ikindi icyo ari cyo cyose.

Kagame yasubije ati: “ Nasabye ko bandikira Amerika ubutumwa bw’uko idufashije yaduha agahenge kuri uyu munsi wo kwibuka buri taliki 07, Mata mu gihe twibuka abacu, wenda indi minsi bakaba batuvugaho ibyo bashaka, bumva ko tudakora neza”.

Yavuze ko ubwo iyo baruwa yandikwaga hari mu mwaka wa 2015.

Icyo gihe ngo Amerika yari yasohoye ubutumwa burimo kwifatanya n’Abanyarwanda ubwo bibukaga ku nshuro ya 21 ariko ubwo butumwa bukaba bwari burimo n’ibyo kutubahiriza uburenganzira bwa muntu n’ibindi.

Umukuru w’u Rwanda avuga ko icyo gihe Isi yose yoherereje u Rwanda ubutumwa bwo kwifatanya narwo mu kwibuka ariko ubwa Amerika buza bufite n’ibyo bika.

Kuri Perezida Kagame, ikibazo ni uko iki kibazo kigarutse ubwo Abanyarwanda bibuka ku nshuro ya 30.

Yumvaga ko ubwo butumwa bwo mu ibaruwa u Rwanda rwandikiye Amerika bwumvikanye neza.

Ubutumwa Blinken yatambukije:

The United States stands with the people of Rwanda during Kwibuka 30 in remembering the victims of genocide. We mourn the many thousands of Tutsis, Hutus, Twas, and others whose lives were lost during 100 days of unspeakable violence.

— Secretary Antony Blinken (@SecBlinken) April 7, 2024

TAGGED:AmerikafeaturedKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Agiye Guha Itangazamakuru Ikiganiro
Next Article Kagame Yavuze Icyatumaga Adakunda Guseka Mu Myaka Ya 2000
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?