Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: NBA Yasobanuye Icyayiteye Gufatanya N’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

NBA Yasobanuye Icyayiteye Gufatanya N’u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 September 2024 7:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Mark Tatum
SHARE

Komiseri wungirije w’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, NBA, witwa Mark Tatum yandikiye bamwe mu Basenateri b’iki gihugu abamenyesha ko Ishyirahamwe ayoboye rikorana n’u Rwanda mu rwego rwo gushaka ibisubizo by’ibibazo biri ku isi.

Iyo baruwa yayandikiye Senateri Marsha Blackburn na Jeff Merkley baherutse kubaza NBA impamvu z’ubufatanye bwayo n’u Rwanda mu guteza imbere Basketball.

Sen. Marsha Blackburn
Jeff Merkley

Ni ibaruwa bageneye umuyobozi mukuru wa NBA witwa Adam Silver bamugaragariza impungenge bafitiye ubwo bufatanye.

Mu kubasubiza, Komiseri wungirije wa NBA Mark Tatum yagaragaje ko gahunda yo gufatanya n’ibindi bihugu birimo n’u Rwanda igamije guteza imbere uwo mukino.

Ni ukuwuteza imbere ariko hanubakwa ubufatanye bushobora kugira uruhare mu gukemura ibibazo byugarije abatuye Isi.

Mark Tatum yavuze ko bakorana n’ibihugu byemewe na Leta zunze ubumwe za Amerika kuko ari yo itanga umuyoboro w’ibihugu byo gukorana nabyo ku rwego rw’isi.

Ati: “Mu gihe gahunda za Amerika zahinduka byaba bireba u Rwanda cyangwa ibindi bihugu, ibikorwa byacu nabyo byahinduka bigasanishwa n’izo mpinduka”.

Avuga ko binyuze mu bufatanye NBA igirana n’ibindi bihugu cyangwa imiryango itandukanye, ibyo bishobora kugira uruhare mu bukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, guteza imbere uburezi bw’abana b’abakobwa no kubashishikariza kwitabira Basketball.

Si ibyo gusa, kuko nk’uko abivuga, iyo mikoranire yatumye hubakwa ibikorwaremezo biha abantu akazi bityo ubukungu bw’ibihugu bikorana na NBA burazamuka.

NBA ikorana n’u Rwanda mu guteza imbere umukino wa Basketball

Tatum yasubije ibi nyuma y’uko bariya ba Senateri bandikiye NBA bayimenyesha impungenge ku mikoranire yayo n’u Rwanda nyuma y’inkuru mu minsi yatambutse yasohowe n’ikinyamakuru ESPN ivuga ko gukorana n’u Rwanda kwa NBA bidakwiye.

TAGGED:BasketballfeaturedNBARwandaSenateriu RwandaUbufatanye
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Arashaka Ko Abakristo Bamenya Neza Indirimbo Zo Mu Gitabo
Next Article Amerika Irashinja DRC Gukoresha Abana Mu Bucukuzi Bwa Cobalt
1 Comment
  • Isma says:
    26 September 2024 at 8:10 am

    Yabasubije kandi neza. Bigaragara neza ko yirinze gushyiramo mu gisubizo cya ya politiki y’ivangura iranga bamwe mu bayobozi bazwi kandi akenshi ibi bizajya bigiraho ingorane.

    Reply

Leave a Reply to Isma Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?