Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ndayishimiye Yavuze Ko Ntabyo Kumuhirika Ku Butegetsi Biri Mu Gihugu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ndayishimiye Yavuze Ko Ntabyo Kumuhirika Ku Butegetsi Biri Mu Gihugu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 September 2023 11:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Evariste Ndayishimiye
SHARE

Perezida w’Uburundi Evariste Ndayishimiye yabwiye amahanga ko iby’uko hari abashatse kumuhirika ku butegetsi ubwo yari yitabiriye  inama ya G77  +China ndetse n’ubwo yari  ari i NewYork mu Nteko rusange ya UN ari ibihuha.

Avuga ko ibyo bihuha byakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga bishyushya imitwe y’abantu ariko ngo nta shingiro byari bifite.

Taliki 10, Nzeri, 2023 mu Burundi hanuganuzwe ihirikwa ku butegetsi rya Perezida Ndayishimiya ariko nta makuru yatangajwe n’urwego rwigenga asobanura inkomoko y’icyo gihuha.

Icyakora Perezida Ndayishimiye avuga ko icyo gihuha cyazanywe n’abahora bashaka ‘kwanduza isura y’Uburundi.’

Avuga ko ari abakora biriya babiterwa n’ishyari ry’uko Uburundi bwongeye kugira ijambo mu ruhando rw’amahanga.

Ati: “Abo rero nibo uzasanga bavuga bati none tugire dute? Nitujya  kubeshya mu mahanga  ibyo duhora tubeshya naho arabibeshyuza, reka basi duce ikiguba mu  Barundi, bagire umutima uhagaze.”

Akomoza kuri za coups zabanje, Perezida Ndayishimiye yagize ati: “Kera twanyuze muri ibyo ariko ubu dufite imitima iri hamwe, uraryama uziko ubyuka ukujya mu bikorwa  byawe, ariko abanebwe ni babandi, amagambo arusha ibikorwa, bagahita bigira mu bihuha ariko ndagira ngo mbasabe ntihagire uzongera kugira ubwoba ngo wumvise ibintu, wowe vuga ibyo wiboneye.”

Minisiteri y’umutekano mu Burundi nayo yahumurije Abarundi, yamaganira kure ibyo bihuha.

Ngo amahoro n’umutekano ni byose mu gihugu.

Kuva Uburundi bwabona ubwigenge mu mwaka wa 1962 bwabayemo ihirikwa ry’ubutegetsi inshuro 11.

TAGGED:CoupsfeaturedIhirikwaNdayishimiyeUbutegetsi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibigo 54 Byahagaritswe Na NESA
Next Article Uburyo Butanu Bwafashije Warren Buffett Gutunga Za Miliyari $
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?