Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nduhungirehe Yasubiye Muri Angola Kuganira Na Mugenzi We Wa DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yasubiye Muri Angola Kuganira Na Mugenzi We Wa DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 October 2024 2:35 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Olivier Nduhungirehe ari i Luanda muri Angola aho yahuriye na mugenzi we wa Repubulika ya Demukarasia ya Congo Kayikwamba Wagner ku buhuza bwa mugenzi wabo wa Angola witwa Tété Antonio.

Nta makuru aratangazwa ku ngingo abayobozi bombi baganiriye gusa ntawabura kuvuga ko iy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo iri mu zikomeye zabazinduye.

Ni ibiganiro bishobora kuba byari bishyushye cyane cyane ko Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa DRC aherutse kubwira amahanga ko u Rwanda rwashyize amananiza ku gihugu cye ku byerekeye kurimbura FDLR.

Madamu Kayikwamba yavuze ko u Rwanda rushyiraho amananiza y’uko rudashobora gukuraho ingamba zo kwirinda rwafashe mu gihe cyose FDLR yaba ikiri ho.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

DRC isaba u Rwanda gukuraho izo ngamba hanyuma yo igasigara yikemurira ikibazo cya FDLR.

Ku rundi ruhande, ibyo ngo u Rwanda ntirubikozwa, ahubwo ruvuga ko izo ngamba ruzazikuraho ari uko ibya FDLR byarangiye burundu.

Amakuru aheruka yavugaga ko Perezida Tshisekedi ari we wahamagaye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Thérѐse Kayikwamba Wagner amubwira ko adakwiye gusinya inyandiko y’ayo masezerano.

Umuhati wa Angola wo guhuza DRC n’u Rwanda kubyo ibihugu byombi bitumvikanaho hagati urakomeje…

Kayikwamba aganira mu mwiherero na Antonio
Nawe yahageze mu cya kare kuri uyu wa Gatandatu
Nduhungirehe nawe yabanje kuganira na Tete Antonio
TAGGED:CongoDRCfeaturedNduhungireheRwandaTshisekediUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kirehe: Batemye Insina 200 Z’Umuturanyi
Next Article Kenya: Ibyana By’Intare Birapfa Umusubizo Byishwe Naza Kagoma
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?