Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ngarambe: Umuhanga Mu By’Ubwubatsi ‘Udasanzwe’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ngarambe: Umuhanga Mu By’Ubwubatsi ‘Udasanzwe’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 May 2021 12:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umujyi wa Kigali, kimwe n’ahandi mu Rwanda, uri kuzamurwamo inyubako nyinshi kandi zubatswe mu buryo butandukanye.

Ibi byatangiye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

Kugira ngo bigerweho ariko habaye ah’abagabo b’abahanga mu gukora ibishushanyo mbonera by’inyubako zikorerwamo, amacumbi n’ahandi hantu nyaburanga.

Umwe muri bo ni (Rtd) Lt Vedaste Ngarambe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uyu mugabo afite ubuhanga bwo gukora ibishushanyo mbonera by’inyubako zihariye harimo inzibutso za Jenoside nk’urwa Bisesero, n’izindi nyubako zubakishijwe ibikoresho gakondo biboneka mu Rwanda.

Niwe wahanze inyubako zirimo ahantu nyaburanga nko mu Kinigi ahari hoteli zakirirwamo ba mukerarugendo nk’iyitwa Gorillas Nest Hotel ndetse n’ahantu ba mukerarugendo baruhukira hitwa Buhanga.

Higeze guturwa n’Umwami w’u Rwanda Gihanga, ubu hashize ibinyejana 10.

Aha  hantu muri iki gihe ni ahantu nyaburanga habyazwa umusaruro na Rwanda Development Board (RDB).

Muri ako gace kandi Bwana Ngarambe yahubatse umuhanda uca munsi y’ubutaka ba mukerarugendo bifashisha batembera bakareba hirya y’aho bakambitse.

- Advertisement -
Inyubako ahanga zubakishijwe ibikoresho gakondo

Mu Karere ka Rubavu n’aho yahubatse inyubako yubakanywe ubuhanga kandi irimo inzu 2300 zifashishwa n’abasuye kariya karere kandi igacungwa n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku bidukikije, Rwanda Environmental Management Authority (REMA). 

Bwana Vedaste Ngarambe niwe wahanze inzibutso zirenga 10, uhereye ku rwa Bisesero yahanze muri 1998.

Yashushanyije uko ziriya nzibutso zigomba kubakwa haba mu gice cy’inyuma n’icy’imbere, aharuhukiye imibiri.

Ibishushanyo yahanze bigashyirwa muri ziriya nzibutso bigaragaza abakoze Jenoside, abayiguyemo n’ibikoresho bakoresheje. Ni mu rwego rwo kubika amateka.

Bigaragara mu nzibutso zirimo urwa Ngoma, Mubuga na Gatwaro.

Inzibutso  yahanze ziruhukiyemo imibiri y’Abatutsi bazize Jenoside bagera ku 100,000.

Atuye mu Karere ka Karongi.

Ngarambe mu iterambere ry’abaturage…

Vedaste Ngarambe avuga ko mu rwego rwo gufasha Abanyarwanda kugira ubuzima bwiza, ahanga imirimo mu bwubatsi hirya no hino mu gihugu cyane cyane mu gace gaturiye Ikiyaga cya Kivu.

Izo nyubako zirimo iyitwa Kivu Ressort, Kivu Lodge na Mpembe Safari Park.

Tukiri ku byerekeye inzibutso kandi Bwana Ngarambe niwe wahanze igishushanyo mbonera cy’ingoro ndangamateka y’urugamba rwo guhagarika  Jenoside yakorewe Abatutsi.

Bisesero ubu ni itongo

Yahanze kandi igishushanyo mbonera cy’ingoro ndangamateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda iri ku Mulindi wa Byumba mu Karere ka Gicumbi.

Yakoze kandi icy’igishushanyo mbonera cy’Ingoro ndangamateka y’u Rwanda rwa Gasabo’ mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo.

Urugo rwa Vedaste Ngarambe ruherereye mu Bisesero, ahitwa Rulonzi.

Mu gace atuyemo usanga nta zindi nzu nyinshi zihari, uretse amatongo y’ingo zahoze ari iz’Abatutsi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwo Taarifa yamusuraga mu minsi ishize, iwe twaheretswe n’umwana wari hafi aho.

Umwana yatweretse urugo ruri hafi aho rmu biti byinshi kandi biciyemo utuyira.

Twinjiyemo duhura n’umugabo witwaje akabando, aradusuhuza tugiye kumva twumva aratubwiye ati: “ Ni njye Bwana Vedaste Ngarambe mwaje gushaka. Aha rero mugeze niho hatangirira urugendo rw’aka gace karimo inyubako nziza kandi zibereye ijisho.”

Mu rugo rwa Ngarambe hateye neza kandi ni mu mahumbezi

Aho yatubwiraga ni mu gace kegereye Bisesero, ahiciwe Abatutsi benshi muri Jenoside yabakorewe muri 1994.

Ni agace ko muri Karongi.

Ni umusirikare wabaye umufundi…

Uyu mugabo muremure kandi utanaze muri 1991 yagiye mu ngabo z’Inkotanyi afatanya nazo mu rugamba rwo kubohoza u Rwanda.

Mbere y’uko azinjiramo, yabaga mu cyahoze ari Zaïre aho yigaga ubwubatsi. Nyuma yo kugira uruhare mu kubohora u Rwanda, yagarutse iwabo mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibuye, ubu ni muri Karongi, asanga benewabo barazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Akazi ko guhanga inyubako n’ibindi bikorwa nyaburanga, kamufasha kuruhuka mu mutwe no gukira ibikomere yatewe na Jenoside yahitanye abe.

Ahanga inyubako mu buryo butangiza ibidukikije.
Kivu Lodge yubatswe ku karwa kari mu Kiyaga cya Kivu
TAGGED:featuredJenosideKarongiNgarambe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabo Za Uganda Zaguze Izindi Ntwaro
Next Article Valentin Ferron Yegukanye Agace Ka Kane Ka Tour Du Rwanda, Manizabayo Aba Uwa Gatatu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?