Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ngoga Yahaye Perezida Wa Kenya Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ngoga Yahaye Perezida Wa Kenya Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 September 2023 1:21 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Amb Martin Ngoga 🇰🇪kuri Perezida Ruto impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Kenya
SHARE

Umugabo uherutse kugenwa ngo ahagararire u Rwanda muri Kenya ari we Ambasaderi Martin Ngoga yaraye ahaye Perezida w’iki gihugu inyandiko zimwemerera gutangira imirimo.

Nyuma yo kuziha Perezida William Samoei Ruto, Ngoga yavuze ko u Rwanda rwishimira gukorana na Kenya mu ngeri zitandukanye z’ubutwererane kandi ngo ni umubano umaze igihe.

Martin Ngoga kandi yashimye umuhati Kenya ishyira mu bikorwa byo kugarura amahoro mu Karere k’Ibiyaga bigari, aha akaba yashakaga kuvuga ku ruhare Uhuru Kenyatta( by’umwihariko) agira mu gukemura ibibazo bimaze imyaka bishyamiranya M23 na Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Perezida Ruto nawe yavuze ko igihugu cye kishimira umubano gifitanye n’u Rwanda mu nzego zirimo urw’imari, urw’uburezi n’ahandi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mbere y’uko agirwa Ambasaderi w’u Rwanda muri Kenya, Martin Ngoga yahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba, EALA.

Ni inshingano yabonye nyuma y’indi myaka myinshi yari amaze ari Umushinjacyaha mukuru wa Repubulika y’u Rwanda.

Muri Kenya yasimbuye Ambasaderi Richard Masozera woherejwe guhagararira u Rwanda muri Repubulika ya Czech.

Perezida wa Kenya William Ruto aherutse gusura u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri.

Yakiriwe kandi aganira na mugenzi we Paul Kagame.

- Advertisement -

Muri iyo minsi, Abaminisitiri bo ku mpande zombi basinyanye amasezerano y’ubutwererane hagati ya Kigali na Nairobi yo mu buhinzi, ubuzima, kubakira urubyiruko ubushobozi, ubufatanye mu by’umutekano, ishoramari n’ibindi.

TAGGED:AmbasaderifeaturedImpapuroKagameMasozeraNgogaRuto
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyamasheke: Bamwibye Ayo Yakuye Mu Kugurisha Inka
Next Article Nyarugenge: Abantu 6 Bo Mu Muryango Umwe Bishwe N’Impanuka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?