Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ngoga Yahaye Perezida Wa Kenya Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ngoga Yahaye Perezida Wa Kenya Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 September 2023 1:21 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Amb Martin Ngoga 🇰🇪kuri Perezida Ruto impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Kenya
SHARE

Umugabo uherutse kugenwa ngo ahagararire u Rwanda muri Kenya ari we Ambasaderi Martin Ngoga yaraye ahaye Perezida w’iki gihugu inyandiko zimwemerera gutangira imirimo.

Nyuma yo kuziha Perezida William Samoei Ruto, Ngoga yavuze ko u Rwanda rwishimira gukorana na Kenya mu ngeri zitandukanye z’ubutwererane kandi ngo ni umubano umaze igihe.

Martin Ngoga kandi yashimye umuhati Kenya ishyira mu bikorwa byo kugarura amahoro mu Karere k’Ibiyaga bigari, aha akaba yashakaga kuvuga ku ruhare Uhuru Kenyatta( by’umwihariko) agira mu gukemura ibibazo bimaze imyaka bishyamiranya M23 na Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Perezida Ruto nawe yavuze ko igihugu cye kishimira umubano gifitanye n’u Rwanda mu nzego zirimo urw’imari, urw’uburezi n’ahandi.

Mbere y’uko agirwa Ambasaderi w’u Rwanda muri Kenya, Martin Ngoga yahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba, EALA.

Ni inshingano yabonye nyuma y’indi myaka myinshi yari amaze ari Umushinjacyaha mukuru wa Repubulika y’u Rwanda.

Muri Kenya yasimbuye Ambasaderi Richard Masozera woherejwe guhagararira u Rwanda muri Repubulika ya Czech.

Perezida wa Kenya William Ruto aherutse gusura u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri.

Yakiriwe kandi aganira na mugenzi we Paul Kagame.

Muri iyo minsi, Abaminisitiri bo ku mpande zombi basinyanye amasezerano y’ubutwererane hagati ya Kigali na Nairobi yo mu buhinzi, ubuzima, kubakira urubyiruko ubushobozi, ubufatanye mu by’umutekano, ishoramari n’ibindi.

Go back

Your message has been sent

Warning
Warning
Warning
Warning

Warning.

TAGGED:AmbasaderifeaturedImpapuroKagameMasozeraNgogaRuto
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyamasheke: Bamwibye Ayo Yakuye Mu Kugurisha Inka
Next Article Nyarugenge: Abantu 6 Bo Mu Muryango Umwe Bishwe N’Impanuka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwinjira Muri Amerika Bigiye Kugora Abakoresheje Imbuga Nkoranyambaga Uko Itabishaka

Harakurikiraho Iki Nyuma Y’Ifatwa Rya Uvira?

M23 Yemeza Ko Yinjiye Muri Uvira, Guverineri Akabihakana

Abazitabira Igitaramo Cya Alexis Dusabe Bazagura Tike Kuri Airtel Money 

Mozambique: Perezida W’Inteko Kazarwa Yasuye Isoko Ryubatswe Mu Mwaka Wa 1900

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko Kugonganisha Ibigo Bitubura Imbuto Byakoze K’Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubuhinzi

Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Rwanda: Utubari Tugiye Kujya Dufunga Mu Rukerera

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

You Might Also Like

Mu Rwanda

Bugesera: Abaturage Bugarijwe N’Inzara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyamahanga Benshi Bafungiwe Mu Rwanda Ni Abo Muri EAC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Abaturage Bategetswe Kuguma Mu Rugo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

U Rwanda Rufunze Abanyamahanga 500 -RCS

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?