Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ngororero: Arashakishwa Kubera Kwica Murumuna We
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ngororero: Arashakishwa Kubera Kwica Murumuna We

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 July 2023 1:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Antoine Ndayishimiye wo mu Mudugudu wa Nganzo, Akagari ka Rugogwe mu Murenge wa Muhororo mu Karere ka Ngororero arashakishwa n’inzego z’umutekano zimukurikiranyeho kwica murumuna we witwa Françosi Ryumugabe.

Iby’uru rupfu byabaye saa sita z;ijoro kuri uyu wa Gatanu taliki 21, Nyakanga, 2023.

Ikindi kandi ngo ni uko bapfaga ibibazo byo mu muryango.

Nyakwigendera yari afite imyaka 60 y’amavuko.

Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero Nkusi Christophe yabwiye itangazamakuru ko Ndayishimiye yakimbiranye  n’umuvandimwe we bararwana, afata ibuye arimukubita muri nyiramivumbi ajyanwa kwa muganga agezeyo arapfa.

Nkusi avuga ko Ndayishimiye Antoine yamaze kwica umuvandimwe we ahita acika, inzego z’ubuyobozi zikaba zatangiye kumushakisha.

Yasabye abaturage kwirinda kwihanira kubera ko bihanwa n’amategeko.

Avuga ko u Rwanda rufite inzego zishinzwe guhana abica amategeko bityo ko kwihanira ubwabyo ari ubwicamategeko.

Amakuru atangwa n’umuhungu wa nyakwigendera avuga ko bapfaga isambu basigiwe n’umubyeyi wabo.

Ndayishimiye yavugaga ko mukuru we agomba kumwongera isambu kuko iyo yahawe ku ruhande rwe ari nto.

Aho ngo niho hakomotse intonganya.

Ntibyarangiriye aho kubera ko haje kuririraho indi ngingo y’uko Ryumugabe ari we waroze Nyina wa Ndayishimiye( bari bahuje Se gusa) uherutse gupfa.

Umurambo wa Ryumugabe François wajyanywe mu buruhukiro mu Bitaro bya Muhororo mu gihe utegerejwe gusuzumwa.

Yasize abana batanu.

TAGGED:featuredGutorokaIbitaroKwicaMuhororoNgororeroUmugaboUmuvandimwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Haribazwa Aho Minisitiri W’Ububanyi N’Amahanga W’Ubushinwa Aherereye
Next Article Rwanda: Airtel Yabaye Iya Mbere Mu Kuzana 4G Yayo Bwite
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abanya Israel Ba Mbere Batwawe Na Hamas Barekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Israel: Baritegura Kwakira Trump Nk’Umwami

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?