Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ngororero: Arashakishwa Kubera Kwica Murumuna We
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ngororero: Arashakishwa Kubera Kwica Murumuna We

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 July 2023 1:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Antoine Ndayishimiye wo mu Mudugudu wa Nganzo, Akagari ka Rugogwe mu Murenge wa Muhororo mu Karere ka Ngororero arashakishwa n’inzego z’umutekano zimukurikiranyeho kwica murumuna we witwa Françosi Ryumugabe.

Iby’uru rupfu byabaye saa sita z;ijoro kuri uyu wa Gatanu taliki 21, Nyakanga, 2023.

Ikindi kandi ngo ni uko bapfaga ibibazo byo mu muryango.

Nyakwigendera yari afite imyaka 60 y’amavuko.

Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero Nkusi Christophe yabwiye itangazamakuru ko Ndayishimiye yakimbiranye  n’umuvandimwe we bararwana, afata ibuye arimukubita muri nyiramivumbi ajyanwa kwa muganga agezeyo arapfa.

Nkusi avuga ko Ndayishimiye Antoine yamaze kwica umuvandimwe we ahita acika, inzego z’ubuyobozi zikaba zatangiye kumushakisha.

Yasabye abaturage kwirinda kwihanira kubera ko bihanwa n’amategeko.

Avuga ko u Rwanda rufite inzego zishinzwe guhana abica amategeko bityo ko kwihanira ubwabyo ari ubwicamategeko.

Amakuru atangwa n’umuhungu wa nyakwigendera avuga ko bapfaga isambu basigiwe n’umubyeyi wabo.

Ndayishimiye yavugaga ko mukuru we agomba kumwongera isambu kuko iyo yahawe ku ruhande rwe ari nto.

Aho ngo niho hakomotse intonganya.

Ntibyarangiriye aho kubera ko haje kuririraho indi ngingo y’uko Ryumugabe ari we waroze Nyina wa Ndayishimiye( bari bahuje Se gusa) uherutse gupfa.

Umurambo wa Ryumugabe François wajyanywe mu buruhukiro mu Bitaro bya Muhororo mu gihe utegerejwe gusuzumwa.

Yasize abana batanu.

TAGGED:featuredGutorokaIbitaroKwicaMuhororoNgororeroUmugaboUmuvandimwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Haribazwa Aho Minisitiri W’Ububanyi N’Amahanga W’Ubushinwa Aherereye
Next Article Rwanda: Airtel Yabaye Iya Mbere Mu Kuzana 4G Yayo Bwite
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Muzaze Dushimire Imana Ibyiza Yagejeje Ku Gihugu-Amb Murigande

Kagame Yaganiriye Na Mugenzi We Wa Mozambique

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Uburundi Bugiye Kubaka Gariyamoshi

Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Gisagara: Abashakanye Baravugwaho Kwica Umuntu Muri 2021 Bamuta Mu Bwiherero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?