Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ngororero: Yiyahuye Kubera Imyenda Yafashe Ngo Akore Ubukwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ngororero: Yiyahuye Kubera Imyenda Yafashe Ngo Akore Ubukwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 July 2023 8:49 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Ngororero haravugwa inkuru y’umwarimu witwa Irené wiyahuye ntiyapfa kubera impamvu bivugwa ko zatewe n’ubwinshi bw’imyenda yafashe ngo akore ubukwe.

Ubukwe bwe bwabaye taliki 03, Nyakanga, 2023.

Ku wa Gatanu taliki 21, Nyakanga, 2023 nibwo amakuru y’uko yiyahuje umuti witwa Tsiyoda yamenyekanye ariko umugore we aramutabariza ntiwamuhitana.

Umwe mu baturanyi be yatubwiye ko mbere y’uko uyu mugabo wari usanzwe ari umwarimu yiyahuza uriya muti w’uburozi, hari abantu yari yaratse imyenda  bakaba bamuhozaga ku nkeke ngo abishyure.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “ Uyu mugabo Irené yafashe amadeni menshi, abantu batangira kumwishyuza biza gutuma ata umutwe ariyahura ngo arebe ko byarangira.”

Ngo yifuzaga ko yakwipfira hanyuma ibyo bibazo akabisigira uwo mukobwa bari bamaze gushakana.

Icyakora ngo uwo mugabo akirangiza kunywa uriya muti wica, umugore we yahise amutabariza, abaturanyi barimo n’abarimu bakoranaga baraza baramufata.

Kumufata ariko byaragoranye kubera ko yashatse gusimbuka igipangu ngo ajye kugwa hirya y’urugo ariko abaje kumutabara bamurusha imbaraga bamubuza kurusimbuka.

Baramutabarije bamujyana ku kigo nderabuzima kiri hafi aho.

- Advertisement -

Amakuru duheruka avuga ko kuri uyu wa Gatandatu yari yatangiye kugarura agatege.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngororero Mugisha Daniel yabwiye Taarifa ko ayo makuru y’uko kwiyahura yayumvise ariko ko atakwemeza ko byatewe koko n’uburemere bw’imyenda uriya mugabo yari afite.

Avuga ko iby’uko byatewe n’uburemere bw’imyenda, byakwemezwa na nyiri ubwite akaba ari we ubyivugira.

Ikindi cy’uko yaba yarakoresheje umuti wa Tsiyoda ngo yiyambure ubuzima, Gitifu Mugisha avuga ko nabyo byemezwa na muganga nyuma yo gupima umurwayi.

Ku rundi ruhande, uyu munyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngororero avuga ko bidakwiye ko hari umuntu wakumva ko gukemura ibibazo afite byamarwa no kwiyambura ubuzima.

Ati: “ Ubuzima utihaye ntukwiye kubwiyambura”.

Abahanga mu mitekerereze ya muntu bavuga ko kwiyahura akenshi biba ari igisubizo umuntu yihitiramo kigamije kuva ku isi kuko aba yibonamo umutwaro ku bandi.

Dr .Yvonne Kayiteshonga yigeze kubwira kimwe mu binyamakuru byo mu Rwanda ko kwiyahura akenshi biterwa n’uko umuntu yaburiye igisubizo ibibazo bye ndetse n’abandi ntibamufashe kubibona.

Dr.Yvonne Kayiteshonga

Uko kuguma mu gihirahiro ngo nibyo bituma uwo muntu ahitamo kwiyambura ubuzima mu rwego rwo kwiha amahoro no kuyaha abandi bamukikije kuko aba asigaye abona ko ari ikibazo kuri bo.

Umuntu nk’uyu ngo aba agomba gufashwa kandi bigakorwa hakiri kare.

Kayiteshonga yemeza ko nta muntu ubyuka mu gitondo ngo yanzure ko ari bwiyahure.

Biza gahoro gahoro kandi ngo muri icyo gihe nibwo bagenzi be baba bagomba kumuba hafi amazi atararenga inkombe.

TAGGED:featuredImyendaKwiyahuraNgororeroUbukweUburoziUmuti
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yagabiye Nguesso Inyambo
Next Article U Rwanda Rugiye Kwakira Inama Ku Binyabuzima Bibungabunzwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Misa Ya Mbere Ya Papa Leo XIV Yasomewe Ku Mva Ya Papa Francis

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?