Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ni Iki Leta Iteganya Mu Gukumira Inkangu Ziyongera Mu Bihe By’Imvura?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ni Iki Leta Iteganya Mu Gukumira Inkangu Ziyongera Mu Bihe By’Imvura?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 November 2023 3:50 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Intara y’Uburengerazuba n’iy’Amajyaruguru zikunze kwibasirwa n’inkangu mu gihe cy’imvura nyinshi. Iyo zidafunze imihanda ngo urujya n’uruza ruhagarare, hari ubwo zihitana abahisi n’abagenzi baba abari ku binyabiziga cyangwa bagendesha amaguru.

Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubwokorezi, Rwanda Transport Development Agency, Imena Munyampenda yabwiye Taarifa ko mu mihanda mishya iri kubakwa hazashyiraho uburyo bwo kugabanya ubuhaname bw’ahakikije imihanda mu rwego rwo kugabanya ubukana bw’amazi aritura imisozi.

Ahereye ku mihanda mishya yuzuye n’iri hafi kuzura mu bice bya Muhanga-Nyange-Rubengera, Munyampenda avuga ko mbere yo gutangira kuyubaka babanza gukora inyigo ku buhaname buzaba buyikikije n’icyakorwa ngo butazaba intandaro y’inkangu.

Yabwiye Taarifa ati: “ Mbere y’uko imirimo nyirizina yo kubaka umuhanda itangira, habanza gukorwa inyigo ijyanye n’uko ahantu umuhanda uzanyura hateye, ubutaka bwaho n’ibindi bitandukanye kugira ngo amakuru avuyemo azifashishwe mu kumenya ahantu runaka n’imirimo igomba kuhakorwa.”

Imena Munyampenda

Avuga ko by’umwihariko, ahantu hahanamye, hari ubutaka bworoshye kandi hakunda kugwa imvura nyinshi ku buryo biteza inkangu (landslides) nko ku muhanda wa Rubengera-Muhanga uri kuvugururwa no kwagurwa ndetse no ku yindi mishinga yo kubaka, kuvugurura no kwagura imihanda itandukanye, hari ibikorwa  ngo hirindwe inkangu.

Ibi birimo kugabanya ubuhaname bw’ahantu hashobora guteza inkangu, gushyira inkuta aho bikenewe, kuhatera ibyatsi, ibiti n’amashyamba kuko imizi yabyo ifata ubutaka, gukora imiyoboro y’amazi yaba iyihagaze (imanukira mu misozi) ndetse n’iyitambitse mu mpande z’umuhanda.

Imena Munyampenda avuga ko ibyo byunganirwa n’ubukangurambaga bukorerwa abaturage bubasaba gusibura imirwanyasuri, kuyiteraho ibyatsi bifata ubutaka, gusibura imiferege imanura amazi hirindwa ko yaba menshi agasenya umuhanda n’ibindi.

U Rwanda rufite intego yo gushyira imihanda ahabugenewe henshi uko bishoboka mu rwego rwo koroshya ubuhahirane.

Muhanga: Imihanda Ihuza Amajyepfo N’Uburengerazuba Igeze Kure Ikorwa

TAGGED:featuredInkanguMunyampendaUmusozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inteko Y’Umuco Iti: ‘ Twari Tuzi Ko Imbwa Ariyo Irya Umuntu, Umuntu Atarya Imbwa!”
Next Article U Rwanda Rwahisemo Kuba Igihugu Buri Wese Yakwifuza Gusura- Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?