Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ni Nde Ukwiye Kubazwa Iby’Ubucucike Bukabije Mu Magereza Y’U Rwanda?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Inkuru Zihariye

Ni Nde Ukwiye Kubazwa Iby’Ubucucike Bukabije Mu Magereza Y’U Rwanda?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 October 2022 8:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abashinzwe uburenganzira bwa muntu bavuga ko bibabaje kuba umubare w’abagororerwa mu magereza y’u Rwanda uri hejuru cyane.

Si bo gusa babivuga kuko n’abandi bakurikirana uko ubutabera mu Rwanda butangwa, basanga ikibazo cy’ubucucike bukabije mu magereza y’u Rwanda gikomeye kandi ngo akenshi giterwa n’abashinjacyaha bihutira gufungisha abantu hatabayeho iperereza rirambuye no kureba niba nta bundi buryo abakekwaho ibyaha bakurikiranwa badafunzwe.

Abakozi b’Ikigo Transparency International ndetse n’Ihuriro ry’abunganira abantu mu nkiko, Legal Aid Forum, bavuga ko umubare w’abantu bafungiye muri gereza zo mu Rwanda ari munini cyane ugereranyije n’ubushobozi bwazo bwo kubacumbikira.

Batangaza ko abafungiye muri gereza zo mu Rwanda barenze ubushobozi bwazo bwo kubacumbikira ku kigero cya 174%.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Inyigo yiswe ‘Policy Research on the Implementation of Alternatives to Imprisonment in Rwanda’ yakozwe na Transparency International Rwanda ivuga ko hari abagororwa 84,710 barimo abantu 11,000 bafunzwe by’agateganyo.

Muri iki gihe hari  n’abafungiwe kuri stations nyinshi za RIB.

Imibare yerekana ko mu mwaka wa 2020 hari abantu 6,600 bari bafunze barengaga k’ubushobozi gereza z’u Rwanda zari zifite bwo kubacumbikira.

Ni abantu banganaga n’ijanisha rya 136% kandi ngo nyuma baje kwiyongeraho abandi bantu 8,400 mu myaka ibiri bituma ubucucike bugera ku 174%.

Abashinzwe kuvuganira uburenganzira bwa muntu batunga urutoki abashinjacyaha bihutira gutegeka ko runaka afungwa hatabayeho kureba niba atakurikiranwa ari hanze cyangwa se niba n’ibimenyetso bimushinja bihagije k’uburyo gufungwa kwe gukorwa binyuze mu buryo buboneye.

- Advertisement -

Umuyobozi wa Transparency International, ishami ry’u Rwanda, Madamu Immaculée Ingabire anenga abashinjacyaha bihutira gufunga uwo ari we wese ukekwaho icyaha runaka.

Asaba abashinjacyaha kujya babanza kureba niba uwo basabira gufungwa atakurikiranwa adafunzwe aho kumushyira muri gereza.

Hari ubwo umuntu afungwa byitwa ko ari iby’agateganyo, ariko bigasa n’aho ari burundu kuko hari n’abamara igihe kirekire bataraburanishijwe byibura ngo ibyaha cyangwa icyaha bibahame.

Ati: “ Bisa n’aho byabaye itegeko ko abashinjacyaha basabira ukekwaho icyaha gufungwa iminsi 30 y’agateganyo. Birengagiza nkana ko hari ubundi buryo bwo guhana cyangwa kugorora umuntu bitabaye ngombwa ko afungwa.”

Ingabire avuga ko ubundi buryo bwo gukurikirana abantu badafunzwe buramutse bukurikijwe, byatuma ubucucike bw’abagororwa muri za gereza bugabanuka, abafunzwe bakabaho bisanzuye.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubutabera witwa Théophile Mbonera  avuga ko inzego zivugwa muri iki kibazo, zagombye kwicarana zikareba icyakorwa kugira ngo gikemuke neza.

Mbonera ati: “ Ibikubiye muri ubu bushakashatsi biha inzego zibuvugwamo uburyo bwo kwicara zikisuzuma zikareba niba ntacyo zakora ngo zigire icyo zikosora.”

Umuyobozi mukuru w’Ihuriro ry’abanganira abandi mu nkiko witwa Andrews Kananga avuga ko inzego zirebwa n’ibi bibazo zagombye kujya zihutira gukemura ibibazo biri hagati y’urega n’uregwa aho kwihutira gufunga uregwa.

Igitangaje kandi ni uko hari uburyo 12 buteganywa mu mategeko y’u Rwanda bwasimbuzwa gufungwa ariko budakunze gukurikizwa.

Bumwe muri bwo ni ugutanga ingwate, kuba runaka yakwishingira uregwa, imirimo nsimburagifungo n’ubundi buryo tutarondoye.

Ubushakashatsi twavuze haruguru buvuga ko ubundi buryo bwo gukurikirana abakekwa badafunzwe buramutse bushyizwe mu bikorwa byagabanya ubucucike mu magereza ku kigero cya 97.38% ndetse n’ikiguzi kigenda m’ugutunga abo baba bafunzwe kikagabanuka ku kigero cya 98.5%.

Taarifa yahamagaye Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bwa Repubulika Bwana Faustin Nkusi ngo agire icyo atangaza kuri ibi bivugwa n’abaharanira uburenganzira bwa muntu ariko ntiyadusubije.

N’ubwo ntacyo Nkusi yadutangarije, ariko uwahoze ari Minisitiri w’ubutabera Johnston Businye yigeze kugira icyo abibwiraho Taarifa.

Icyo gihe ubwanditsi bwa Taarifa Rwanda bwabajije Busingye impamvu bigoye ko ukekwaho ibyaha aburane adafunzwe kandi biteganwa n’amategeko.

Mu buryo busa no guhunga ikibazo, Busingye( ubu ni Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza) yemeje ko abantu benshi bahabwa uburenganzira bwo kuburana badafunzwe, ko habaye hari abatabuhabwa Taarifa yatanga ingero.

Yunzemo ko Inkiko z’u Rwanda inshuro nyinshi zemera ingwate z’abakekwaho ibyaha kugira ngo barekurwe by’agateganyo icyakora ingero twamuhaye zerekanaga ukundi kuri.

Ni ingero z’abantu bazwi, bafuzwe mu manza zikomeye harimo n’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe Dr. Pierre Damien Habumuremyi. Icyakora Perezida Kagame yahaye Dr Pierre Damien Habumuremyi imbabazi.

Ubwo yafungwaga, Dr. Habumuremyi yashinjwaga ibyaha by’ubuhemu byo gutanga sheki itazigamiye.

Yaje kujuririra icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo yafatiwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo.

Muri ubwo bujurire yari yashyikirije Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, Dr. Habumuremyi yari yasabye kurekurwa agakurikiranwa ari hanze kuko arwaye kandi yemera gutanga ingwate y’imitungo itimukanwa ya Miliyoni Frw  500 akaba afite n’imitungo ya Miliyari Frw 1.5.

Urukiko rwanze iriya ngwate ruvuga ko hari ahandi yayitanze.

Urundi rugero: Umucamanza yigeze kwanga ingwate y’umunyemari Aloys Rusizana waregwaga kugurisha Leta inzu ku gaciro idafite.

Umucamanza yavuze ko ingwate ye ‘atari impamvu ikomeye’ yatuma arekurwa.

Ubwunganizi bwe bwavugaga ko afite uburwayi bityo ko yarekurwa by’agateganyo akajya kwivuza.

Umucamanza yatesheje agaciro izo mpamvu z’ifungurwa rye ry’agateganyo.

Urundi rugero ni uko muri Nzeri, 2020, abakozi ba SONARWA basabye Urukiko kubarekura by’agateganyo, batanze ingwate  urukiko rurabyanga.

Muri Mutarama, 2018, Dénis Gacinya nawe yasabye urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge kumurekura by’agateganyo kuko yavugaga ko arwaye kandi afite abantu biyemeje kumutangira ingwate ariko urukiko ruramutsembera.

Hari n’abandi benshi batanze ingwate zirangwa barimo Caleb Rwamuganza, Alfred Nkubiri, Christian Rwakunda n’abandi.

N’ubwo aba bantu icyo gihe bimwe uburenganzira bwo kurekurwa by’agateganyo batanze ingwate, ariko ubundi amategeko yarabibemereraga.

Nk’uko Immaculée Ingabire yabivuze, bisa n’aho byabaye ihame ko utawe muri yombi wese afungwa.

Icyakora siko amategeko abiteganya buri gihe kuko hariho n’uburyo bwo kunga abafite icyo bapfa.

TAGGED:HabumuremyiIbyahaTransparencyUbutabera
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umutoza W’Amavubi Ati: “ Mbabajwe N’Uko Tuvuyemo Rugikubita”
Next Article Mu Mujyi Wa Muhanga Barataka Amazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Inkuru ZihariyeMu Rwanda

Upfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi Kuri X Yiyita Gitifu Sebatware Yamenyekanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Karongi: Ubutabera Bumaze Gufata 36 Bari Barabutorotse Bakekwaho Jenoside

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Kagame Yasabye RIB Kwita Ku Bwenge Buhangano Mu Guhashya Ibyaha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

RIB Ikomeje Gusaba Abaturage Kwirinda Ingengabitekerezo Ya Jenoside

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?