Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nicholas Sarkozy Arakatirwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Nicholas Sarkozy Arakatirwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 March 2021 10:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urukiko rurasoma urubanza rumaze iminsi ruburanisha ku byaha Nicolas Sarkozy amaze iminsi aregwamo, aho ubushinjacyaha bumushinja gukoresha ubushobozi yari afite nka Perezida wa Repubulika agaha umucamanza uburyo bwo kuzajya amuha amakuru mu rubanza yaregwagamo.

Nicolas Sarkozy yayoboye u Bufaransa guhera mu mwaka wa 2007 kugeza muri 2012.

Ibyo ashinjwa arabihakana, akemeza ko atigeze akora ‘ibintu nk’ibyo bifitanye isano na ruswa.’

Ubushinjacyaha bwasabiye Nicolas Sarkozy gufungwa imyaka ine, ariko ibiri muri iyo akayikoramo imirimo nsimburagifungo.

Bwasabiye abandi bantu babiri bareganwa nabo guhabwa igihano nka kiriya.

Abo ni Umwavoka witwa Thierry Herzog n’umucamanza witwa Gilbert Azibert.

RFI ivuga ko Umushinjacyaha witwa Jean-Luc Blachon yagize ati: “ Ibintu ntibyari kugera ku rwego biriho muri iki gihe iyo Sarkozy n’abo bareganwa baza kwibuka uburemere bw’akazi ashinzwe nk’Umukuru w’Igihugu.”

Iyo urebye  ibyo aregwa, ubushinjacyaha buvuga ko Nicolas Sarkozy aramutse ahamwe nabyo yakatirwa imyaka 10 n’ihazabu ya Miliyoni 1.2$.

Ikindi ni uko Sarkozy ashinjwa gukorana n’umunyamategeko witwa Herzog kugira ngo bahe ruswa umucamanza witwa Azibert  bityo ajye abaha amakuru yo kwifashisha mu rubanza baburanaga rwavugaga ko Nicolas Sarkozy hari amafaranga yahawe na Liliane Betterncourt kugira ngo natsinda amatora azamufashe muri business ze.

Icyo gihe hari muri 2007.

Ubushinjacyaha buvuga ko bufite amajwi(audios) Sarkozy yohererezaga Herzog na Azibert bagakoresha imirongo y’ibanga kugira ngo hatagira uwumva ubwiru bwabo.

Liliane Betterncourt niwe mugore wari ukize kurusha abandi ku isi muri 2017.

Niwe wari nyiri ikigo kitwa L’Oreal gikora amavuta y’ubwiza kigatanga n’izindi serivisi.

Umunyamategeko wunganira Sarkozy witwa Me Jacqueline Laffont  avuga ko ibyo bashinja umukiliya we nta shingiro bifite.

Uretse Sarkozy, undi wabaye Perezida w’u Bufaransa wigeze kujyanwa mu nkiko ni Jacques Chirac.

Nawe yagejejwe imbere y’Inkiko muri 2011 aregwa ruswa.

TAGGED:ChiracfeaturedRFISarkozyUmucamanzaUmwavoka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urugendo Ambasaderi W’u Butaliyani Yaguyemo Muri DRC Yari Yatangaje Ko Rwasubitswe
Next Article Padiri Ubald Rugirangoga Yasezeweho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abanya Israel Ba Mbere Batwawe Na Hamas Barekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Israel: Baritegura Kwakira Trump Nk’Umwami

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?