Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Richard Nick Ngendahayo arateganya igitaramo yise NIWE Healing Concert kizaba Tariki 29, Ugushyingo, 2025 kikazabera BK Arena.

Asanzwe aba i Dallas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho amaze imyaka irenga 15.

Mu butumwa bw’amashusho yatambukije, Richard Nick Ngendahayo yagaragaje ibyishimo afite by’uko azagaruka mu gihugu cye.

Ati: “Ndanezerewe cyane kugaruka iwacu kugira ngo dutaramane, kandi tubone gukira binyuze mu muziki. Ndabakumbuye cyane!”

Igitaramo kizabera muri BK Arena ku wa Gatandatu, tariki 29, Ugushyingo, 2025, imiryango ikazafungurwa saa kumi z’umugoroba (4:00 PM), naho igitaramo gitangire saa kumi n’imwe zuzuye (5:00 PM).

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version