Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Niger: Abasirikare Babwiye ECOWAS Ko Nibatera Bazica Perezida Bazoum
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Niger: Abasirikare Babwiye ECOWAS Ko Nibatera Bazica Perezida Bazoum

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 August 2023 1:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Niger ibintu biri gufata indi ntera!

Abasirikare bari ku butegetsi batangaje ko igihe cyose bazamenyera ko ingabo za ECOWAS zabatangijeho intambara, bazahita bica Mohamed Bazoum baherutse kubukuraho.

Nyuma yo kumukuraho bamufungiye mu Biro by’Umukuru wa Niger biri i Niamey mu Murwa mukuru.

Icyoba ni cyose mu baturage ba Niger kubera ko abakuru b’ibihugu bigize ECOWAS banzuye ko abagaba b’ingabo z’ibyo bihugu bicara bagashyiraho ingabo zijya gukura ku butegetsi abaherutse gukuraho Bazoum.

Associated Press yatangaje ko iby’uko abafashe ubutegetsi bazica Bazoum babitangarije umwe mu bakora mu bubanyi n’amahanga w’Amerika mu kiganiro baraye bagiranye.

Bazoum yavanywe ku butegetsi taliki 26, Nyakanga 2023.

Mohamed Bazoum

Hagati aho, hari abaturage batangiye kujya mu mihanda ya Niamey bavuga ko bashyigikiye ingabo zahiritse ubutegetsi kandi ko nibaterwa bazazirwanira batizigamye.

Ku rundi ruhande, umuhanga mu mateka y’imibanire y’ibihugu witwa Arthur Banga yabwiye RFI ko ibyo ECOWAS iri gukora biri mu rwego rwo kwereka Niger ko igomba kubahiriza ibyo bayisaba bitaba ibyo ikagabwaho igitero.

Yavuze ko umutwe w’ingabo uherutse  kuvugwaho kuzatera Niger ugomba gushyirwaho nyuma y’uko wemejwe, bigakorwa hibangwa k’ukureba ibikenewe ni ukuvuga abasirikare, ibikoresho, ahazarwanirwa n’ibindi.

Buri gihugu kiba kigomba kubanza gutoranya abasirikare cyumva ko bakenewe kikohereza intwaro hanyuma abo basirikare bagahuzwa na bagenzi babo kandi hakagenwa uko bazayoborwa ku rugamba.

Mu yandi magambo, bivuze ko hari ibigomba kubanza kunozwa kugira ngo izo ngabo zambarire urugamba nyirizina.

TAGGED:AbaturagefeaturedIntambaraNigerPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Min Biruta Muri Ethiopia Mu Biganiro Ku Mubano W’Ibihugu Byombi
Next Article Min Biruta Na Gen Nzabamwita Bateye Igiti Muri Ethiopia
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?