Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nigeria: Abantu 600 Bishwe N’Umwuzure
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Nigeria: Abantu 600 Bishwe N’Umwuzure

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 October 2022 9:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gace ka Lagdo muri Nigeria ariko haturanye na Cameron hari inkuru mbi y’abantu barenga 600 bamaze kubarurwa ko bapfuye bazize amazi menshi yatewe n’umwuzure wakuriwe n’imvura ihamaze iminsi ndetse n’isandara ry’urugomero rw’amashanyarazi ruri hafi aho.

Abandi bantu bagera kuri miliyoni 1.3 bamaze kuvanwa mu byabo bahungishwa amazi akomeje kwiyongera muri kariya gace.

Leta ya Nigeria yasohoye gahunda y’ibikorwa by’ubutabazi byo gufasha bariya baturage kugira ngo barindwe indwara zaturuka kuri ariya mazi yibasiwe Leta 27 muri Leta 36 zigize iki gihugu.

Umwuzure warengeye amakamyo yari yaje kunywesha ngo akomeze urugendo

Igiteye impungenge kurushaho ni uko amazi akomeje guteza umwuzure kandi ngo ntabwo ari hafi guhagarara.

Bivugwa ko imihindagurikire y’ikirere iri kugira uruhare rugaragara mu kwiyongera kw’imvura iri kugwa muri Nigeria muri iki gihe.

Minisitiri muri Nigeria ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi witwa Sadiya Umar Farouq yabwiye CNBC ko bamwe mu bayobozi bo muri za Leta zibasiwe n’uriya mwuzure, bitinze gufata ingamba zirimo gusaba abaturage kwimuka none abantu benshi bahasize ubuzima.

Muri iki gihe ariko, gahunda ni gukorwa uko bishoboka kose ntihagire abandi bantu bahitanwa n’ubwiyongere bw’amazi.

Abenshi bari kwimurwa bakavanwa ahantu hashobora kubateza akaga.

Ikibazo kinini ni uko n’imigezi nka Niger nayo yuzuye.

Amazi y’iyi migezi yatumye imyuzure ivuka, yangiza imyaka yari ihinze hafi aho.

Bivuze ko abantu bagomba kwitega inzara ndetse n’indwara zituruka ku mazi mabi yatewe n’imyuzure.

 

TAGGED:AmaziNigeriaUmwuzure
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri Gatabazi Avuga Ko Guha Abaturage Serivisi Mbi Atari Intego Y’Umuyobozi
Next Article Umukozi Wo Mu Rugo Yafatanywe Miliyoni Frw 1.5 Bivugwa Ko Yibye Shebuja
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?