Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nigeria ‘Ishobora’ Guhindura Izina
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Nigeria ‘Ishobora’ Guhindura Izina

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 June 2021 6:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari bamwe mu baturage ba Nigeria bamaze iminsi mu mpaka kuri Twitter baganira ibyiza babona byava mu kuba izina ry’igihugu cyabo ryahinduka, Nigeria ikitwa United African Republic.

Ibi byatijwe umurindi n’ukoAbadepite ba kiriya gihugu gituwe kurusha ibindi muri Afurika( abaturage b miliyoni 206) basabye abaturage kubaha ibitekerezo by’ibyo bumva byahinduka mu ngingo zigize Itegeko nshinga ryabo.

Hashize ibyumweru bibiri babisabye. Umwe mu baturage ba Nigeria witwa Adeleye Jokotoye usanzwe ukora akazi ko gutwara tagisi yanditse ikintu cyakuruye ikiganiro kinini kuri Twitter cy’uko Abadepite bazareba niba izina Nigeria ritasimbuzwa irindi, kiriya gihugu kikitwa United African Republic.

Jokotoye yavuze ko asaba ko byahinduka kubera ko ririya zina ryiswe igihugu cye n’Abakoloni b’Abongereza.

Umuntu wa mbere wasabye ko kiriya gihugu cyakwitwa Nigeria ni umunyamakurukazi witwa Flora Shaw, icyo gihe hakaba hari mu mpera z’Ikinyejana cya 19.

Uyu mugore yaje gushakana na Adiminisitarateri witwa Lord Frederick Lugard.

Uriya munyamakuru yasanze kiriya gihgu kigomba kwitwa Nigeria kubera ko hari umugezi wa Niger ugicamo uturutse mu Majyaruguru yacyo, ukambuka ugana mu Nyanja ya Atlantic.

Jokotoye we asanga ririya zina ryahindurwa ntirishingire ku bushake bw’Abakoloni ahubwo rigashingira ku bumwe buhuza abatuye kiriya gihugu babanye batandukanye mu moko, indimi… ariko bakaba bari ‘bene  mugabo umwe.’

BBC yandise ko bamwe mu baturage ba Nigeria bakoresha Twitter baganiriye ku cyifuzo cy’uriya muturage, bamwe baragishyigikira abandi bavuga ko n’ubwo ari kiza ariko cyahindura byinshi birimo izina ry’abagituye, ifaranga gikoresha n’ibindi.

Hari n’abavuze ko abatuye kiriya gihugu bakwitwa ‘Uranium.’

Hari abaturage bashaka ko izina ryabo ryahinduka bakareka kwitwa Nigerians ahubwo bakitwa ‘Uranium'( Photo@BBC)

Ku byerekeye ifaranga, hari abavuga ko byagorana kuko Nigeria isanzwe ifitiye imyenda ibigo mpuzamahanga by’imari birimo IMF, Banki y’Isi ndetse n’u Bushinwa.

Hari umuturage watanze igitekerezo cy’ifaranga abona ryazahinduka irya Nigeria nihindura izina.

Yavuze ko ryazitwa SAPA.

Ku rundi ruhande hari n’uwatanze igitekerezo cy’amagambo yazashyirwa mu ndirimbo yubahiriza kiriya gihugu .

Hari abandi baturage bavuze ko guhindura izina rya Nigeria atari cyo kibazo abayituye bafite, ahubwo ko ikibazo cyabo ari uko nta bikorwa remezo bafite birimo imihanda myiza, ibitaro, amashuri meza n’ibindi.

Kuri bo ngo Leta n’Abadepite bagombye gushyira imbaraga mu kugarura umutekano mu gihugu hose, aho gutinda ku izina rya Nigeria rigomba guhinduka.

Bavuga ko igihugu gishya kiba kigomba no kugira amafaranga mashya
TAGGED:BankifeaturedIzinaNigeriaTwitterUmunyamakuru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inkingo 500 000 Za COVID Twakiriye Zatumye Dukingira 3% By’Abanyarwanda- Kagame
Next Article Ibibi By’Amavuta Atukuza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?