Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nigeze Gukora Ikosa Manura Agapfukamunwa, Barankebuye Ndabireka: CP Kabera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Nigeze Gukora Ikosa Manura Agapfukamunwa, Barankebuye Ndabireka: CP Kabera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 May 2021 5:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi wa Polisi Commissioner of Police John Bosco Kabera yavuze ko hari igihe yigeze kumanura agapfukamunwa avugana n’abanyamakuru ariko bamukebuye arabireka.

Yabyanditse kuri Twitter nyuma y’uko hari abakoresheje urwo rubuga bashyiraho ifoto yamanuye agapfukamunwa bamubwira ko nawe agomba kuzirikana ko COVID-19 nawe yamufata.

Yasubije ko nyuma yo gukeburwa yahise yiha intego yo kutazongera kukamanura.

Kuri Twitter yanditse ati: “…Hano rero hari cyera nkora ikosa ryo kumanura agapfukamunwa mvugisha abanyamakuru, nahise nkeburwa kuburyo kuva icyo gihe kugeza ubu nkambara neza cyane. Twese rero dukomeze kubahiriza amabwiriza yose yo kwirinda koronavirusi.”

Ku mbuga Polisi ihuriraho n’abanyamakuru byari byiriwe byabaye ikiganiro gishyushye nyuma y’uko kuri Twitter uwiyise UMUKARITASI abajije CP Kabera impamvu we yigeze kugaragara atambaye neza agapfukamunwa.

Umuvugizi wa Polisi yiseguye ko yigeze kwambara ‘nabi’ agapfukamunwa ariko baramukebura, kuva icyo gihe ntarongera!

Inzego z’ubuzima zikomeje kwibutsa abaturage akamaro ko kwambara neza agapfukamunwa nk’imwe mu ngamba zo kwirinda COVID -19.

COVID-19 ntitinya impuzankano iyo ariyo yose…

 Inshuro nyinshi Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police ( CP) John Bosco Kabera yabwiye Abanyarwanda ko icyorezo COVID-19 ntawe gitinya.

Aherutse kubwira Taarifa ko n’ikimenyimenyi hari umupolisikazi kishe ubwo yari mu kazi k’ubutumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo.

Abajijwe niba hari imibare y’abapolisi baba baranduye kiriya cyorezo, icyo gihe yadusubije ko ntayo yateguye ariko ko ‘bahari.’

Aherutse kubwira Taarifa ko COVID-19 igatinya abapolisi cyangwa abandi bambara impuzankano
TAGGED:AgapfukamunwaCOVID-19featuredKaberaPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Miliyari 5.7 Frw Za Leta Zakoreshejwe Nabi Mu Mwaka Ushize
Next Article Banque Populaire Du Rwanda Igiye Kugurwa N’Iyo Muri Kenya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB

Tuzakomeza Gukorana N’u Rwanda No Mu Guhanga Udushya-Amb Wa Israel

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

You Might Also Like

Mu mahanga

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?