Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nk’Umuyahudi, Numva Akababaro K’Abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi- Ambasaderi Wa Israel
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nk’Umuyahudi, Numva Akababaro K’Abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi- Ambasaderi Wa Israel

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 April 2022 7:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ambasaderi wa Israel mu Rwanda Dr Ron Adam yaraye asohoye itangazo rivuga ko Israel yifatanyije na Leta y’u Rwanda n’Abanyarwanda muri rusange muri iki gihe cy’iminsi 100 bibuka Jenoside yakorewe Abatutsi. Nk’Umuyahudi ufite ababyeyi bazize Jenoside, Dr Ron Adam avuga ko yumva akababaro k’Abatutsi barokotse iyabakorewe.

Adam yavuze ko yumva neza akababaro ku guhigwa, ukicwa, ugasigwa iheruheru uzizwa uko usa, aho wavukiye cyangwa ikindi cyose kikuranga ariko utigeze uhitamo.

Israel yifatanyije n’u Rwanda kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Mu itangazo rya Ambasade ya Israel  handitsemo ko kiriya gihugu gifatanyije n’u Rwanda kurwanya abantu cyangwa itsinda ryabo bashaka guha urwaho ingengabitekerezo ya Jenoside kuko ari yo muzi mukuru uyitera.

Avuga ko intego yo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside ari uko intero ‘Ntibizongere ukundi’ yaba impamo, ‘Never Again’ ikaba ‘Never Again.’

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ikindi ni uko Israel yatangaje ko ishimira u Rwanda ko rwubatse igihugu kitavungura kandi muri iki gihe gifatwa nk’intangarugero ku isi mu ngeri zitandukanye.

Taliki 27, Mutarama, 2022 u Rwanda rwifatanyije na Israel n’amahanga kwibuka Jenoside yakorewe Abayahudi mu muhango nawo wabereye ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri ku Gisozi mu Karere ka Gasabo.

Umushyitsi mukuru woherejwe na Guverinoma y’u Rwanda yari Minisitiri muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu Dr Jean Damascène Bizimana.

Icyo gihe Isi yibukaga Jenoside yakorewe Abayahudi ku nshuro ya 77.

Imibare yemeranyijweho n’amahanga ivuga ko Jenoside yakorewe Abayahudi yahitanye abantu miliyoni esheshatu.

- Advertisement -

Yakozwe n’abayoboke by’Ishyaka ry’Abanazi ba Adolph Hitler ryari ku butegetsi mu Budage.

Mu ijambo Ambasaderi w’u Budage mu Rwanda Dr Thomas Kurz witabiriye umuhango wo kwibuka iriya Jenoside yagejeje kuri bari aho, yavuze ko igihugu cye ‘giherutse’ gusinyana na Israel amasezerano yo gufatanya kurwanya abahakana Jenoside yakorewe Abayahudi ikozwe n’Abanazi b’Abadage.

Dr Kurz yavuze ko muri rusange Abadage bacyiyumvamo ikimwaro cy’uko bahemukiye Abayahudi babaga mu Budage n’ahandi mu Burayi, bakabakorera Jenoside.

Ku rundi ruhande,  Amb Thomas Kurz avuga ko gukora amahano bitari muri kamere y’abaturage b’u Budage.

Uyu mugabo avuga ko kwibuka Jenoside yakorewe Abayahudi bizahoraho ariko nanone ngo ntihazabura abantu bayihakana.

Ashishikariza abantu kuzakomeza kurwanya abayihakana, abazize iriya Jenoside bakazahora bibukwa.

TAGGED:AmbasaderifeaturedIsraelJenosideRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Jean-Claude Van Damme Yemeye Gushakira DRC Abashoramari
Next Article Tshisekedi Ari Muri Kenya Gusinya Inyandiko Yemerera Igihugu Cye Kujya Muri EAC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?