Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nk’Umuyahudi, Numva Akababaro K’Abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi- Ambasaderi Wa Israel
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nk’Umuyahudi, Numva Akababaro K’Abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi- Ambasaderi Wa Israel

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 April 2022 7:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ambasaderi wa Israel mu Rwanda Dr Ron Adam yaraye asohoye itangazo rivuga ko Israel yifatanyije na Leta y’u Rwanda n’Abanyarwanda muri rusange muri iki gihe cy’iminsi 100 bibuka Jenoside yakorewe Abatutsi. Nk’Umuyahudi ufite ababyeyi bazize Jenoside, Dr Ron Adam avuga ko yumva akababaro k’Abatutsi barokotse iyabakorewe.

Adam yavuze ko yumva neza akababaro ku guhigwa, ukicwa, ugasigwa iheruheru uzizwa uko usa, aho wavukiye cyangwa ikindi cyose kikuranga ariko utigeze uhitamo.

Israel yifatanyije n’u Rwanda kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Mu itangazo rya Ambasade ya Israel  handitsemo ko kiriya gihugu gifatanyije n’u Rwanda kurwanya abantu cyangwa itsinda ryabo bashaka guha urwaho ingengabitekerezo ya Jenoside kuko ari yo muzi mukuru uyitera.

Avuga ko intego yo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside ari uko intero ‘Ntibizongere ukundi’ yaba impamo, ‘Never Again’ ikaba ‘Never Again.’

Ikindi ni uko Israel yatangaje ko ishimira u Rwanda ko rwubatse igihugu kitavungura kandi muri iki gihe gifatwa nk’intangarugero ku isi mu ngeri zitandukanye.

Taliki 27, Mutarama, 2022 u Rwanda rwifatanyije na Israel n’amahanga kwibuka Jenoside yakorewe Abayahudi mu muhango nawo wabereye ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri ku Gisozi mu Karere ka Gasabo.

Umushyitsi mukuru woherejwe na Guverinoma y’u Rwanda yari Minisitiri muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu Dr Jean Damascène Bizimana.

Icyo gihe Isi yibukaga Jenoside yakorewe Abayahudi ku nshuro ya 77.

Imibare yemeranyijweho n’amahanga ivuga ko Jenoside yakorewe Abayahudi yahitanye abantu miliyoni esheshatu.

Yakozwe n’abayoboke by’Ishyaka ry’Abanazi ba Adolph Hitler ryari ku butegetsi mu Budage.

Mu ijambo Ambasaderi w’u Budage mu Rwanda Dr Thomas Kurz witabiriye umuhango wo kwibuka iriya Jenoside yagejeje kuri bari aho, yavuze ko igihugu cye ‘giherutse’ gusinyana na Israel amasezerano yo gufatanya kurwanya abahakana Jenoside yakorewe Abayahudi ikozwe n’Abanazi b’Abadage.

Dr Kurz yavuze ko muri rusange Abadage bacyiyumvamo ikimwaro cy’uko bahemukiye Abayahudi babaga mu Budage n’ahandi mu Burayi, bakabakorera Jenoside.

Ku rundi ruhande,  Amb Thomas Kurz avuga ko gukora amahano bitari muri kamere y’abaturage b’u Budage.

Uyu mugabo avuga ko kwibuka Jenoside yakorewe Abayahudi bizahoraho ariko nanone ngo ntihazabura abantu bayihakana.

Ashishikariza abantu kuzakomeza kurwanya abayihakana, abazize iriya Jenoside bakazahora bibukwa.

TAGGED:AmbasaderifeaturedIsraelJenosideRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Jean-Claude Van Damme Yemeye Gushakira DRC Abashoramari
Next Article Tshisekedi Ari Muri Kenya Gusinya Inyandiko Yemerera Igihugu Cye Kujya Muri EAC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?