Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nta Gishengura Nko Kutamenya Aho Abawe Bari- Hon Mukabalisa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nta Gishengura Nko Kutamenya Aho Abawe Bari- Hon Mukabalisa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 April 2023 3:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’Inteko ishinga amategeko, Umutwe w’Abadepite, Hon Donatille Mukabalisa yabwiye abagiye kwibuka Abatutsi biciwe i Kinazi mu mwaka wa 1994 ko abantu bafite ababo batazi aho biciwe ngo babashyingure, bashengurwa n’agahinda.

Abafite ababo biciwe i Kinazi n’inshuti zabo baraye yo mu ijoro ryo kwibuka ryakurikiwe no gushyingura imibiri igera kuri 40.

Perezida w’Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda Hon Donatille Mukabalisa wari umushyitsi mukuru yongeye kwibutsa abazi aho imibiri y’Abatutsi bazize Jenoside yajugunywe ko bahavuga kugira ngo abahafite ababo baruhuke umutima.

Yagize ati: “  Iyo ubashije gushyingura uwawe uba uruhutse kuko nta kintu gishengura umutima nko kuba utazi aho abawe bari. Gushyingura uwawe bitanga ituze.Tuzakomeza kugaragaza ukuri kwacu, kugeza igihe ikinyoma kizaba kitagifite umwanya”.

Abatutsi biciwe i Kinazi bishwe urupfu rubi kubera ko hari abaharokokeje bavuga ko hari impunzi z’Abarundi zabaga hafi aho  zokeje zimwe mu nyama z’imibiri y’Abatutsi zikazirya.

Urwibutso rwa Kinazi ruruhukiyemo imibiri y’Abatutsi bagera ku 65.000.

Hahoze ari muri Komini Ntongwe muri Perefegitura ya Gitarama.

Abahiciwe bari Abatutsi bari bavuye mu bice bitandukanye birimo ahitwa Gisari, Kibanda, Kinazi, Rutabo, Nyakabungo, Nyarurama  n’ahandi.

Abarokokeye i Kinazi bavuga ko muri iki gihe biyubatse kandi bafite icyizere cyo kubaho no gutera imbere kurusha ikindi gihe icyo ari cyo cyose.

Bashimira Inkotanyi zabarokoye kandi bakavuga ko batazigera batatira igihango bagiranye nazo.

TAGGED:AbatutsifeaturedHuyeIntambaraJenosideKinaziMukabalisaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Y’u Rwanda Yahuguye Iya Sudani Y’Epfo
Next Article ‘Mwana Ukundwa’: Gahunda Yo Kugabanya Igwingira Muri Nyamasheke
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?