Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nta Kizakoma Imbere Iterambere Twiyemeje-Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nta Kizakoma Imbere Iterambere Twiyemeje-Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 December 2023 7:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame yaraye abwiye abitabiriye umusangiro yari yateguriye Abanyarwanda n’inshuti zabo ko nta kintu kizakoma imbere iterambere ry’u Rwanda.

Avuga ko aho rwageze rujya hasi hari hahagije kugira ngo ruzamuke ubutazasubira inyuma.

Yagize ati: “ Kubera amateka yacu, hari aho twageze hasi hashoboka ku buryo nta kindi cyari gisigaye uretse kuhivana kandi tukazamuka ubutazasubira inyuma na gato. Ibyo twagezeho ubu biragaragara kandi tuzakomeza kubizamura kubera ko ari ko tubyumva kandi tubishaka. Twiyemeje kuzabikora kandi nta kizakoma imbere iterambere twiyemeje, uko cyaba gikomeye kose.”

Umukuru w’u Rwanda akaba n’Umugaba w’ikirenga w’ingabo z’u Rwanda kandi yaraye yakiriye abayobora inzego zose z’umutekano abifuriza kuzagira umwaka mushya kandi muhire.

Yabashimiye umuhati bagaragaje mu bikorwa bakoreye mu Rwanda n’ahandi u Rwanda rwagiye kugarura amahoro mu rwego rwa UN cyangwa ku bufatanye n’inshuti zarwo.

Yabasabye kuzakomereza aho mu mwaka wa 2024.

Ati “ Ndabashimira ku myitwarire myiza n’ubwitange mu kurinda igihugu, by’umwihariko abari kure y’imiryango yanyu muri ibi bihe by’iminsi mikuru.”

Yakomeje abashimira umuhate n’ubwitange mu kubungabunga no kugarura amahoro n’umutekano muri Afurika ndetse yongeraho ko aho bashimirwa ko aho bageze hose bagaragaza indangagaciro z’u Rwanda mu bikorwa by’indashyikirwa n’ubunyamwuga bagaragaza.

Perezida Kagame kandi yavuze ko abafite ababo basize ubuzima mu kwitangira u Rwanda mu bikorwa rwaboherejemo, Leta izakomeza kubaba hafi.

Perezida Kagame yavuze ko ari iby’agaciro gakomeye kurinda igihugu, asaba ingabo kubikorana umurava n’ubwitange.

Umugaba w’ikirenga w’ingabo z’u Rwanda aherutse kuzizamurira mu mapeti guhera kuri Corporal kugeza kuri Jenerali w’inyenyeri enye.

TAGGED:featuredIngaboIterambereKagamePerezidaRwandaUbwitangeUmugaba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuburo Wa Banki Nkuru Y’u Rwanda Ku Bacuruza Amadevize
Next Article Amafoto Yaranze Umusangiro Perezida Kagame Yagiranye N’Abanyarwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?