Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nta na rimwe tuzemera ko inkozi z’ibibi zishyigikiwe n’amahanga ziduhungabanya- Museveni
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Nta na rimwe tuzemera ko inkozi z’ibibi zishyigikiwe n’amahanga ziduhungabanya- Museveni

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 November 2020 5:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Uganda,Yoweli Kaguta Museveni avuga ko ubutegetsi bwe butazihanganira na rimwe abo yise ‘inkozi z’ibibi’ zishyigikiwe n’ibihugu by’amahanga. Avuga ko bariya yise inkozi z’ibibi nta kindi baba bagamije kitari guhungabanya umudendezo w’abaturage ba Uganda.

Ibi Umukuru w’Igihugu cya Uganda abivuze nyuma y’uko mu byumweru bitatu bishize hari abantu benshi bapfuye barashwe na Polisi, abandi barakomereka cyane nyuma y’uko bagiye mu mihanda bamagana ifatwa n’ifungwa ry’Umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu ari we Bobi Wine.

Museveni yihanganishije abafite ababo bishwe n’amasasu yarashwe na Polisi, abizeza ko bagiye kuzahabwa impozamarira ariko nanone yongera gushimangira ko abatuye Uganda bagomba kuzirikana ko ubutegetsi bwe butazihanganira uzashaka guteza rwaserera mu baturage, ababuza amahoro.

Perezida Museveni ubwe yatangaje ko abantu barashwe kandi bakicwa n’amasasu yarashwe na Polisi ari 54, muri bo 32 bakaba bari barimo kwiba mu maduka.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Museveni yavuze ko ariya makuru yayahawe n’Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe kugenza ibyaha kitwa Criminal Investigations Directorate, Madamu Grace Akullo.

Yagize ati: “ Ndihanganisha abaturage ba Uganda baburiye ababo muri biriya bikorwa bya Polisi byo kwirukana ibisambo byasahuraga amaduka y’abandi. Ndabizeza ko Guverinoma igiye kubaha impozamarira ariko ntituzaziha abafita ababo barashwe bajya gusahura.”

Ibi Perezida Museveni yaraye abivugiye kuri Televiziyo y’igihugu ya Uganda.

Mu ijambo rye yabwiye abayoboke ba Robert Kyagulanyi ko bahubutse cyane ubwo biyemezaga kujya mu mihanda kwamagana ifatwa rye, ahubwo ngo bari bwitonde bagategereza ko agezwa mu butabera.

Yabasabye kutazongera kwibeshya ngo bumve ko Kyagulanyi adakorwa ho bityo bibatere kujya mu mihanda bagahungabanya umutekano w’abaturage.

- Advertisement -

Ati: “ Ibyo kumva ko Hon Kyagulanyi (Robert)  adakorwaho kuko ari Umunyapolitiki abamushyigikiye bagomba kubyibagirwa, ntibizongere kubaho ukundi kuko babibonyemo isomo.”

Perezida Museveni kandi yibukije abandi banyapolitiki ko kizira guhuriza abantu benshi ahantu hamwe kuko bishobora gutuma banduzanya COVID-19, iki cyorezo kikaba kimaze kwica abaturage ba Uganda bagera kuri 201 mu bandi 20, 145 bacyanduye.

Museveni w’imyaka 76 y’amavuko ari kwiyamamariza kuyobora Uganda mu yindi manda, amatora y’Umukuru w’Igihugu akazaba mu ntangiriro za 2021.

Ivomo: The Monitor

Taarifa Rwanda

TAGGED:AmatorafeaturedIgihuguKyagulanyiMuseveniPolisiUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article AfroBAsket 2021: Amavubi Basketball Club yatsinzwe umukino warebwe na P.Kagame
Next Article Nigeria: Boko Haram yishe abaturage 110
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?