Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nta Nkingo Z’Ingurube Zihari, MINAGRI Idufashe- Umworozi Wazo w’i Bugesera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Nta Nkingo Z’Ingurube Zihari, MINAGRI Idufashe- Umworozi Wazo w’i Bugesera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 January 2021 1:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Niyoyita Peace atuye mu Kagari ka Cyugaro, Umurenge wa Ntarama, mu Karere ka Bugesera ari n’aho yororera ingurube. Avuga ko n’ubwo ubworozi bwazo bwungura ubukora, ariko bagihura n’ikibazo cy’uko nta nkingo zihabwa ndetse n’ibiryo byazo bikaba bihenze. Kudakingirwa bituma zipfa zikiri nto bigatera igihombo. RAB ntacyo irabivugaho.

Kubera ko ubworozi abumazemo imyaka ibiri, ntaragira ingurube nyinshi cyane ariko avuga ko izo afite zazamuye imibereho ye, akaba agurisha izikuze ariko akanakoresha ifumbire yazo mu gufumbira urutoki rwe.

Korora ingurube byatumye kandi ahura na bagenzi be bahuje umwuga bakorana bya bugufi bamwungura ubumenyi muri uwo mwuga.

Birumvikana ko icy’ingenzi ari uko yashoboye kwihangira umurimo kandi akagira abandi baturage icyenda aha akazi nabo bakikenura.

Ikigo cye yakise Ntarama Pig Firming.

Ahantu agurisha ibituruka ku matungo ye ni mu Mujyi wa Goma muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo.

Ingorane z’umworozi w’ingurube

Niyoyita Peace avuga ko n’ubwo borora ariko hari ibibazo bahura nabyo birimo ko nta nkingo zigenewe ingurube zihari, ibiryo bidahagije kandi bimwe bitujuje ubuziranenge.

Kuba agurisha ingurube mu mahanga kandi hari Abanyarwanda nabyo ni ikibazo! Abanyarwanda ngo baracyanena ingurube kubera kutamenya ko zitanga ifaranga ryinshi kandi vuba.

Ati: “ Isoko ryo mu Rwanda ntirirasobanuka kuko nta bakiriya  bahamye tugira. Byatuma nohereza ingurube muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo kandi noherezayo buri kwezi ingurube ziri hagati ya 30 na 40. Ziba ari ingurube zo kuribwa.”

Ikindi yemeza ni uko ibiciro fatizo bacururizaho bidahamye, bihindagurika.

Icyo avuga ko ikidasobanutse ari uko umukiriya ari we ugena igiciro, kuko aba afite umukomisiyoneri uvuga uti: “ Iyi ngurube ndayigura kuri aya cyangwa  kuri aya!”

Avuga ko hakenewe ko aborozi bazo bishyira hamwe kugira ngo bashobore kugena ibiciro bitewe n’ibyo bashora.

Yagize ati: “Uyu mwuga wacu w’ubworozi bw’ingurube tuwukora mu buryo bwo kwirwanaho, buri wese ukwe kandi ibi biratudindiza. Ni umwuga mwiza wateza imbere uwukoze neza, bikamufasha kwiteza imbere vuba ariko bigashoboka ari uko abawukora bawukoze kinyamwuga kandi hamwe.”

Niyoyita Peace ashima Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi kuko ibagenera amahugurwa ariko agasaba Minisiteri y’ubuhinzi kubafasha kubona inkingo kuko amatungo yabo ajya arwara kuko atakingiwe indwara akiri mato.

Yemeza ko nta rukingo na rumwe rw’ingurube ruri mu Rwanda.

Ikindi avuga ko kijya gihombya aborozi b’ingurube ni uko hari ubwo babura icyororo gishya noneho ingurube zigapfa kubera ko zimije zenewabo zikabyara amacugane.

Kuri we haramutse habonetse ibigo bibikwamo intanga z’ingurube byafasha aborozi bashaka icyororo kubona aho bagikura.

Umuganga w’amatungo mu Kigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi(RAB)wita ku ngurube witwa Dr Fabrice Ndayisenga twamubajije icyo bateganyiriza aborozi b’ingurube kugira ngo haboneke urukingo adusubiza ko inkingo zizaza mu Cyumweru gitaha.

Ati: ” Mu Cyumweru gitaha hari inkingo zizaza ariko zizaza zifite ikiguzi cyo hejuru bityo aborozi batangire kureba uko bazagira icyo batanga kugira ngo barubone. Ntabwo waba umworozi hanyuma ngo ureke gushora.”

Mu Rwanda muri iki gihe habarurwa ingurube zirenga miliyoni imwe, zose zikaba zitanga inyama ziri hagati ya toni 20 000 na toni 30 000 ku mwaka.

N’ubwo ingurube yahoze ifatwa nk’itungo ryo mu batindi, ariko ubu ni itungo rikungahaje benshi.

Iyo ingurube ibwaguye ibwagura hagati y’ibibwana 10 na 14 ikabyara inshuro eshatu ku mwaka, kandi ikororerwa ahantu hato.

Ikintu cya mbere ikunda ni isuku. Iyo uyigiriye isuku, iguha umusaruro uyifuzaho.

Iyo uyitayeho ikarya neza[iyo ibyo irya byiza yabibonye], ikaba ahantu hasukuye kandi igahabwa imiti ikwiye kandi ku gihe, ikungahaza nyirayo.

Bisaba ko zitabwaho ntizisonze, ntizandure kandi ntizibure imiti
Ingurube ni inyamaswa yitabwaho ikororoka vuba igatanga amafaranga
Niyoyita Peace imbere y’ibiraro by’ingurube ze
TAGGED:AbatindiAboroziBugeserafeaturedIngurubeInkingoNiyoyita
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umukire Mirimo Yataburuwe Ngo Hapimwe DNA/ADN, Hari Abavuga Ko Yari Se Bakaka Umunani
Next Article Byemejwe: Museveni Yongeye Gutsinda Amatora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?