Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ntabwo Afurika Yagombye Kuba Ishonje –Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ntabwo Afurika Yagombye Kuba Ishonje –Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 September 2022 5:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’u Rwanda avuga ko Afurika ifite ibicyenewe byose ngo yihaze mu biribwa kandi isagurire n’ibindi bihugu.

Yabivugiye mu ijambo yagejeje ku bitabiriye ikiganiro cyahuje Abakuru b’ibihugu by’Afurika n’abahoze babiyobora bari bateraniye mu nama yiga ku iterambere ry’ubuhinzi igiye kumara iminsi itanu ibera mu Rwanda.

Perezida Kagame avuga ko Afurika ifite ubutaka, amazi n’ibindi bikenewe kugira ngo yeze yihaze mu biribwa kandi isangurire n’ahandi.

Umukuru w’u Rwanda avuga ko n’ubwo COVID-19 n’ibindi bibazo biri cyangwa byahoze ku isi mu gihe gito gishize byakoze mu nkokora iterambere ry’ubuhinzi, ariko ngo muri rusange Afurika iri kwikura mu bibazo birimo no kutihaza mu biribwa.

Avuga ko umwe mu miti yo kwihaza mu biribwa, ari ugukora k’uburyo umusaruro uva mu buhinzi itangirikira mu murima, mu bigega cyangwa ahandi ahubwo ukagezwa mu ngo z’abahinzi no ku isoko ukiri muzima.

Yatanze urugero ku rugero rw’u Rwanda rwarebye kure hakiri kare rutangira guhunika imyaka kandi ngo mu bihe COVID-19 yacaga ibintu, imyaka yahunitswe muri kiriya gihe yafashije abaturage kuricwa n’inzara kuko gahunda yari Guma mu rugo.

Perezida Kagame avuga ko Politiki z’ubuhinzi zigomba kureba uko abahinzi bazihaza mu  biribwa kandi bakabona amafaranga bashyira muri banki. Ni ikintu kigomba gukorwa hakiri kare kigakorwa neza binyuze mu kureba kure.

Kuri we icy’ingenzi ni uko abatuye Afurika bagira uburyo bwo kuzihaza mu biribwa igihe hazaba habaye ikibazo gitunguranye.

Avuga ko ibibazo biri mu isi muri iki gihe nabyo byagize ingaruka mu gukoma mu nkokora  iterambere ry’ubuhinzi, ariko ngo ibi ntibikwiye.

Ati: “Ishoramari rikorwa mu guteza imbere ubuhinzi muri iki gihe rigomba kuzafasha mu gucyemura ibibazo bizavuga ejo.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yavuze ko bitumvikana ukuntu ibibazo bibera muri Ukraine bigira ingaruka ku ifarini Afurika icyenera kandi ifite ubutaka bwera, amazi ahagije n’abahanga mu uguhings.

Yarangije ijambo rye ashimira abitabiriye iriya Nama by’umwihariko Oluseguni Obasanjo ucyuye ikivi mu buyobozi bw’impuguke z’Afurika mu by’ubuhinzi.

Perezida Kagame kandi yashimye na Haile Mariam Desalegn kubera umuhati yagaragaje wo guteza imbere ubuhinzi bw’Afurika.

TAGGED:AfurikafeaturedKagameUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 30 Bajyanywe Bunyago Bavuye Gushyingura
Next Article Umuturage Wo Mu Ruhango Yasanze Grenade Hafi Y’Iwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC:Abasirikare Basabiwe Gufungwa Imyaka 15 

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?