Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ntawe Uzabuza Abantu Kuvuga – Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ntawe Uzabuza Abantu Kuvuga – Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 May 2021 9:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze ko abahora bavuga u Rwanda nabi nta we uzababuza kuvuga, asaba ko abafite ibyiza byo kuvuga badakomeza guceceka, kuko abagambiriye ibibi bashobora kubavangira.

Yabigarutseho mu nama ya Komite nyobozi yaguye y’Umuryango FPR Inkotanyi kuri uyu wa Gatanu, ku cyicaro gikuru cyawo i Rusororo mu Karere ka Gasabo.

Yavuze ko mu gihe u Rwanda rutera intambwe ifatika, hari abanyarwanda bake usanga baruvugaho byinshi ko nta winyagambura, ko abantu bapfa buri munsi, ko bashize cyangwa ngo mu Rwanda cyangwa nta kintu na kimwe kigenda.

Ati “Ahubwo icyo baba batazi ko bakora, mu by’ukuri barerekana ko ibyo barega u Rwanda atari byo, kuko niba utinyagambura, niba utavuga, kandi se ibyo biza bite? Uravuga, ahubwo ibyo uvuga nibyo bitari byo. Baravuga.”

“Ntawe uzabuza abantu kuvuga, n’abavuga ibitari byo baravuga, nibo abongabo nyine. Ahubwo icyo nakangurira abantu ni ukuvuga ngo ariko nkamwe mungana mutya n’abandi batari hano bakwiriye kuba bafite n’ibyo bavuga, kuki mutavuga? Mubuzwa n’iki kuvuga ahubwo ari mwe.”

Yavuze ko bitakwitwa ko bakora gusa aho kuvuga, kuko byatwara igihe kugira ngo bamwemeze ko ari ko bimeze.

Yakomje ati “Nimukore, nimuvuge. Kora ibizima, uvuga ibizima. Ubwo nabwo ni uburenganzira bwawe. None se abakora ibibi, bavuga ibibi cyangwa ibitari byo, niba bafite uburenganzira bwo kubivuga cyangwa kubikora, ubwo abakora ibizima mubuzwa n’iki kubikora mukanabivuga?”

Perezida Kagame yavuze ko iyo bitabaye ibyo, ukora ibibi akanabivuga abangiriza.

Yabigereranyije no kuba ufite amazi meza ariko umuntu akagenda adonyamo igitonyanga cy’irangi, ejo agashyiramo ikindi, ko birangira ya mazi yose abaye irangi.

TAGGED:featuredGasaboPaul KagameRPF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tshisekedi Yashyizeho Ibihe Bidasanzwe Mu Ntara Ebyiri
Next Article Meteo Rwanda Yatanze Integuza Ku Mvura Nyinshi Mu Bice Bimwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Afurika Y’Epfo: Abantu 11 Biciwe Mu Kivunge

Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi W’Ikigega Cy’Isi Cy’Imari 

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi W’Ikigega Cy’Isi Cy’Imari 

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

You Might Also Like

Mu mahanga

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?