Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: NTIBISANZWE: Yasabye Ubuyobozi Kumwishyuriza Uwamuhaye ‘Ikiraka’ Cyo Kwica Umuntu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

NTIBISANZWE: Yasabye Ubuyobozi Kumwishyuriza Uwamuhaye ‘Ikiraka’ Cyo Kwica Umuntu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 June 2024 9:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubugenzacyaha mu Karere ka Nyanza bwataye muri yombi umusore wo mu Mudugudu wa Bayi mu Kagari ka Cyotamakara mu Murenge wa Ntyazo muri Nyanza nyuma y’uko aje gusaba ubuyobozi kumwishyuriza uwamuhaye ikiraka cyo kwica umuntu akamuha avance ariko ntamuhe asigaye.

Undi wafashwe ni Theophile Nyamurinda w’imyaka 42 bikekwa ko “yahaye ikiraka” Athanase  Ntawupfabimaze w’imyaka 26.

Uyu Athanase bivugwa ko yishe uwo muntu afatanyije na Ndagijimana Vincent bahimba Mayambara akaba umusaza w’imyaka 76.

Icyo “kiraka” cyari  icyo kwica Cleméntine Mukeshimana w’imyaka 35 wari umugore wa Theophile Nyamurinda.

Amakuru avuga ko nyakwigendera Clementine yari yaratandukanye n’umugabo we (Theophile) bari barasezeranye byemewe n’amategeko, bitewe n’uko Clementine atabyaraga.

Nyuma umugabo we Theophile yamutaye mu nzu asigara ayibanamo wenyine ajya gushaka undi mugore.

Mu Ukuboza, 2023, Clementine yasanzwe mu nzu iwe yapfuye nta ndwara yari izwi afite.

Muri uku kwezi kwa Gatandatu 2024 bikekwa ko Ntawupfabimaze Athanase yagiye kureba Umukuru w’Umudugudu amubwira ko yahawe akazi n’umugabo wa nyakwigendera Theophile Nyamurinda ngo yice umugore we Clementine amwizeza  amafaranga ibihumbi maganabiri y’u Rwanda (200,000Frw).

Yabwiye ubuyobozi ko uwamuhaye ikiraka yabanje kumuha avansi y’amafaranga ibihumbi mirongo itanu y’u Rwanda (50,000Frw).

Bagenzi bacu ba UMUSEKE bavuga ko Umukuru w’Umudugudu wa Bayi akimara kumva iyo nkuru, yahise amenyesha urwego RIB na rwo ruta muri yombi bariya bagabo batatu ari bo Athanase  wivuyemo agatanga  amakuru ko yishe umuntu, Theophile bikekwa ko yatanze ikiraka na Mayambara bikekwa ko yagize uruhare mu kwica Clementine afatanyije na Ntawupfabimaze Athanase.

Abakekwaho kwica nyakwigendera hari amakuru avuga ko bamunigishije igitenge ubwo bamusangaga iwe.

TAGGED:featuredKwicaNyanzaUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyagatare: Hatashywe Ibigega Binini Byo Guhunika Ibigori
Next Article Guverinoma Y’u Rwanda Iti: HCR Irabeshya!
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?