Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ntihazagire Uwashaka Guhungabanya Umuturanyi Ngo Abone Umwanya Mu Rwanda- Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ntihazagire Uwashaka Guhungabanya Umuturanyi Ngo Abone Umwanya Mu Rwanda- Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 August 2022 10:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame aherutse kubwira abavuga rikijyana bo mu Karere ka Rusizi no mu tundi tudukikije ko u Rwanda rudashaka ko hari umuntu ufite umugambi wo guhungabanya kimwe mu gihugu ruturanye nabyo waruhabwamo umwanya.

Muri iki kiganiro, Perezida Kagame yavuze ko muri rusange u Rwanda rudashaka ko hari uwaruhungabanyiriza umutekano ahoy aba aturutse hose.

Avuga ko u Rwanda ruzi neza ko ubukungu n’ubusugire bwarwo bishingiye k’ukuba abaturage barwo batekanye, buri wese azinduka akajya mu kazi ke ntacyo yikanga.

Ati: “ Iby’umutekano bihora ari ikibazo tugomba kwitaho kuko udahari nabyo nta kizakorwa, kandi n’umutekano mucye ubu ugamije kubuza abantu kwikorera bityo ikibazo kikavuga mu bantu.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

“Security remains our top priority because if there is no security, nothing can be done. Insecurity is meant to prevent people from going on about their businesses and create problems among citizens.” President Kagame | Meeting with Opinion leaders in Rusizi #CitizenOutreach pic.twitter.com/F6nbKtDZL0

— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) August 27, 2022

Yunzemo ko ariko u Rwanda rushaka kumvika n’abaturanyi ntihagire urushinja gucumbikira abamuhungabanya.

Yasabye Abanyarwanda  baba ababa muri Rusizi cyangwa mu tundi turere duturiye imipaka na Leta n’abandi, gushaka uburyo ubwo ari bwo bwose bwo kubana neza n’abaturanyi.

Mu buryo budaciye ku ruhande, Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda bose n’abaturiye imipaka by’umwihariko kwirinda kuba nyirabayazana w’ikibazo ku baturanyi.

Si ubwa mbere kandi Perezida Kagame avuze ko u Rwanda rwirinda kuba nyirabayazana w’ikibazo icyo ari cyo cyose cy’umutekano mucye mu baturanyi.

- Advertisement -

Mu kiganiro yigeze guha Jeune Afrique, Perezida Kagame yigeze kuvuga ko u Rwanda buri gihe rukora uko rushoboye ngo ntihagire uwo rubanira nabi.

Mu kiganiro na Jeune Afrique Perezida Kagame nabwo yavuze ko u Rwanda rutazigera ruba nyirabayazana w’ibibazo ku muturanyi uwo ari we wese.
TAGGED:AbanyarwandafeaturedKagamePerezidaRusiziRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article I&M Bank Rwanda Ikomeje Kunguka Umwaka Ku Wundi
Next Article Anne Kansiime Afite Uruzinduko Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?