Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ntihazagire Uwibeshya Ku Gihugu Cyacu-Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ntihazagire Uwibeshya Ku Gihugu Cyacu-Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 April 2022 1:36 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye Umuhango wo gutangiza Icyunamo cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 28, Perezida Kagame yabwiye abibwira ko bashobora kugira u Rwanda uko bashaka kuko ari igihugu gito, ko bashatse basubiza amerwe mu isaho.

Imwe mu nteruro zigize ijambo rye igira iti: “ Ntikagire uwibeshya kuri iki gihugu cyacu! Ni gito mu buso ariko benecyo ni abantu bakomeye…”

Perezida Kagame yavuze ko n’ubwo wakwanga u Rwanda ukumva ko waruhunga ukitandukanya narwo, nta hantu uzasanga abantu b’agaciro kandi b’imfura nk’Abanyarwanda.

Kuri we , nta bantu b’agaciro kandi bafite ubuzima bufite icyo buvuze bitewe n’ibyo baciyemo nk’Abanyarwanda.

Kagame avuga ko n’ubwo hari abantu bajya bavuga ko bazi Demukarasi ndetse n’imiyoborere ikwiye, bibeshya ku Banyarwanda kuko bo bazi icyo ubutabera ari cyo n’icyakorwa ngo bubere abarutuye.

Ati: “ Nta masomo bafite yo kuduha.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko uko umwaka ushira undi ugataha, Abanyarwanda bakomera kurushaho, ko nta kizahagarika urugendo rwabo mu iterambere.

Mbere y’uko Perezida Kagame avuga ijambo ryo gutangiza Icyunamo cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano mboneragihugu Dr Jean Damascène Bizimana yagarutse ku mateka ya Politiki y’ivangura ryaranze ubutegetsi bwasimbuye ubwami, ubwo butegetsi bukaba bwari bushingiye ku ivangura mu gisirikare, mu mashuri no mu guha abaturage amahirwe angana mu nzego zose.

Dr Bizimana yashimye Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda ko yazanye gahunda ya Ndi Umunyarwanda kuko ari gahunda yatumye Abanyarwanda bakora buri wese afashe mugenzi ukuboko ngo batere imbere.

Hatanzwe kandi ubuhamya bw’uwarokokeye mucyahoze ari Komini Murambi yayoborwaga na Jean Baptiste Gatete.

Yavuze uko Abatutsi bo mucyohoze ari Umutara bafatwaga nk’Ibyitso by’Inkotanyi ndetse ko ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiraga mu mwaka wa 1994 hari muri Mata, umugambi wo kwica Abatutsi wahise ushyirwa mu bikorwa.

Wakozwe ku bufatanye bw’abanyapolitiki n’inzego z’umutekano.

President Kagame and First Lady Jeannette Kagame joined Rwandans & friends of Rwanda @Kigali_Memorial for the #Kwibuka28 Commemoration Ceremony, where they laid a wreath and lit the Flame of Remembrance in honour of over one million victims of the 1994 Genocide against the Tutsi. pic.twitter.com/JGVzIgJso9

— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) April 7, 2022

 

TAGGED:AbatutsifeaturedGateteIgihuguJenosideKagameKwibukaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RIB Isaba Abanyarwanda Kuzirikana Buri Gihe Ikibahuza
Next Article Jean-Claude Van Damme Yemeye Gushakira DRC Abashoramari
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?