Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: N’Ubwo Yashyiriweho Impapuro Zo Kumufata, Putin Yasuye Ubushinwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

N’Ubwo Yashyiriweho Impapuro Zo Kumufata, Putin Yasuye Ubushinwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 October 2023 8:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Indege ya Perezida w’Uburusiya yaraye igeze i Beijing izanye Vladmir Putin ngo aganire na mugenzi we Xi Jinping iby’umubano w’ibihugu byabo byombi. Uyu mugabo akoze uru rugendo mu gihe yashyiriweho impapuro zo kumufata kubera ibyaha Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha, ICC,  ruvuga ko yakoreye m ntambara ari kurwana muri Ukraine.

Uru rukiko rumushinja gutandukanya abana bo muri Ukraine n’imiryango yabo akabajyana mu Burusiya, ibyo abanyamategeko mpuzamahanga bafata nko kurandura imizi ihuza abo bana n’ababyeyi babo bityo ntibabe bakiri abanya Ukraine.

Bamwe babifata nka bumwe mu buryo bwo gukora Jenoside.

Kuva impapuro zo kumuta muri yombi zasohoka, Putin atembera hanze y’igihugu cye inshuro nke cyane kuko ubwo aheruka yo, yari yasuye igihugu cya Kyrgyzstan, kiri mu byahoze bigize Leta zunze ubumwe z’Abasoviyete.

Kuba yarasuye iki gihugu ndetse ubu akaba ari mu Bushinwa ni ibintu byumvikana kubera ko ibi bihugu byombi bitigeze bishyira umukono ku Masezerano Mpuzamahanga ashyiraho ruriya rukiko.

Kuri uyu wa Gatatu taliki 18, Ukwakira , 2023 nibwo bitaganyijwe ko Putin azaganira buganira na Xi Jinping.

Muri Politiki y’ububanyi n’amahanga y’Ubushinwa habamo ihame ryo kumva impande zose.

Abashinwa ntibashaka kumva no gukurikiza ibitekerezo by’Abanyamerika cyangwa Abanyaburayi by’uko mu kibazo runaka, hari uruhande ‘uba ugomba guhengamiramo.’

Ku Bashinwa, iryo hame siryo kuko ngo ribuza umuntu kumva niba nta kuri urundi ruhande rufite kandi uko guhengama gushobora kuzakururira umuntu igihombo mu gihe kiri imbere ubwo bizagaragara ko aho yahengamiye nta kuri bari bafite, ahubwo kwari gufitwe n’urundi ruhande.

Iyi niyo politiki mpuzamahanga y’Ubushinwa.

Ni nayo mpamvu akenshi ubutegetsi bw’Ubushinwa bufata indi nguni mu kibazo runaka kiba cyafashweho umwanzuro n’Abanyamerika n’abandi Banyaburayi.

I Beijing bavuga ko bafite uburenganzira busesuye bwo gukorana n’uwo bashaka ku isi, bakabikora mu bwisanzure bwabo, nta gitutu cyangwa gutinya uwo ari we wese.

Vladimir Putin yaherukaga gusura Ubushinwa muri Gashyantare, 2022, icyo gihe akaba yaratangaje ko we na mugenzi we Xi bafitanye umubano utajegajega na gato.

TAGGED:AmerikaBushinwaIbyahaPutinUrukikoXi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza Yafungiwe GUTUKANA Mu Ruhame
Next Article Ruhango: Akarere Kasobanuye Impamvu Katije Kaminuza Inyubako K’Ubuntu Mu Myaka 20
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?