Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyabihu: Ba Mudugudu Bavuga Ko Ubuyobozi Bw’Akarere Bwababeshye Telefoni
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Nyabihu: Ba Mudugudu Bavuga Ko Ubuyobozi Bw’Akarere Bwababeshye Telefoni

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 December 2023 9:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Aba bayobozi bavuga ko batashimishijwe n’uburyo uwahoze ari Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba  François Habitegeko yabijeje ko iyi Ntara izahaba telefone za “Smart Phones” binyuze mu buyobozi bw’Akarere none amaso akaba yaraheze mu kirere.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu avuga ko iryo sezerano ryatanzwe koko, ariko ngo icyo gihe ubushobozi bwari buke…

Ba Mudugudu bemeza ko babisezeranyijwe muri Nyakanga 2023 ubwo Habitegeko François, yabemereye ko bazahabwa telefone, aranazibereka ndetse akabwira ubuyobozi bw’Akarere ko buzazibagegezaho.

Bavuze ko telefone bemerewe mu rwego rwo kuzabafasha mu kazi ka buri munsi bakora kandi bikaba na ‘nkunganire’ ku bafite ubushobozi butabemerera kuzigurira.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ntibigeze bazihabwa none ubu amezi abaye atanu.

Umwe muri bo yabwiye bagenzi bacu ba UMUSEKE ati: “Twari mu nama ku Karere Guverineri atwereka telefone za simati abwira abayobozi kuzazitugezaho  none amezi abaye atanu dutegereje twarahebye. Birababaje rwose kuko bazitwemereye bazi akamaro zari kutugirira mu miyoborere myiza, mutubarize aho zaheze.”

Undi avuga iyo baza kuzihabwa nk’uko bari bazisezeranyijwe, byari buborohereze akazi binyuze mu gutanga raporo biboroheye.

Yibaza impamvu muri Nyabihu imvugo itaba ari yo Ngiro kandi bisanzwe bizwi ko ari yo mikorere ya Perezida Paul Kagame.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu Mukandayisenga Antoinette yemera ko izo telefone bazemerewe, gusa ntibahita bazihabwa kubera amikoro yari ahari.

- Advertisement -
Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu Mukandayisenga Antoinette

Abizeza ko n’ubwo bashonje ariko bahishiwe kubera ko ibyo kuzibaha byemejwe mu ngengo y’imari y’umwaka utaha(2024/2025).

Ati: “ Nibyo telefone barazemerewe na Guverineri ubwo yadusuraga ariko natwe byari muri gahunda, ariko nabo twarabibabwiye bijyanye n’aho ingengo y’imari yari igeze ntihaboneka ubushobozi.”

Mukandayisenga avuga ko hakozwe urutonde rw’abo zizahabwa, rukorwa hashingiwe ku ngengo y’imari ivuguruye.

Ku rundi ruhande, avuga ko izo ba Mudugudu beretswe zitari izabo ahubwo zari iz’abafashamyumvire.

TAGGED:MuduguduNyabihutelefoni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kazungu Denis Ari Hafi Kuburana Mu Mizi
Next Article Biruta Yasabye Abanyarwanda Bo Mu Buhinde Kudatatira Ikiranga Umunyarwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?