Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyabihu: Umuturage Ashinja Ubuyobozi Kumutererana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyabihu: Umuturage Ashinja Ubuyobozi Kumutererana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 June 2022 10:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu hari umuturage uvuga ko igice kimwe cy’inzu ye cyasenywe n’ibiza ubuyobozi bwanga kumufasha kuyisana kandi ari mu kiciro cya mbere cy’ubudehe.

Akarere ka Nyabihugu kari mu Burengerazuba bushyira Amajyaruguru y’u Rwanda
Uyu muturage atuye mu Murenge wa Jenda

Ubuyobozi bwo buvuga ko uriya muturage n’umuryango we( afite umugabo n’umwana umwe) bafite ahandi inzu bityo ko butumva impamvu atsimbarara mu kuba muri iyo yasenyutse!

Umugore wagejeje iki kibazo cye mu itangazamakuru yitwa Dusengimana Edida.

Afite umugabo witwa Samuel Muhawenayo babyaranye umwana umwe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yabwiye bagenzi bacu bakorera Rwanda News 24 ko abagize umuryango we babarirwa mu kiciro cya mbere cy’Ubudehe bityo ko  batashobora kubona uko basana inzu yabo yasenywe igice kimwe n’ibiza biherutse kwibasira Akarere ka Nyabihu, Ngororero n’ahandi.

Edida avuga ko ikibazo cye yakigejeje ku buyobozi bw’ibanze ariko buramutererana.

Ati “Ibiza by’imvura bimaze amezi abiri byarayisenye ariko kubera ko  nta bufasha twari dufite ngo tujye gukodesha ahandi cyangwa ngo tuyisane dukomeza kuyibamo uku imeze. Ubuyobozi bw’Umudugudu buzi ikibazo cyanjye, tukaba tuyibamo n’Umugabo n’umwana umwe.”

We n’umuryango we batuye mu mudugudu wa Kinyengagi, Akagari ka Gasizi mu Murenge wa Jenda.

Kubera ko igice kimwe cy’inzu yabo cyasenyutse k’uburyo utabona uko ukingaho n’agasambi, Dusengimana n’umuryango we bavuga ko bararana ubwoba bw’uko n’igice gisigaye cy’iriya nzu kizabagwira.

- Advertisement -
Inzu yasenyutse igice kimwe. Hari impungenge ko n’ikindi gice kizagwira abayibamo(Ifoto: Rwanda News 24)

N’imibereho yabo ntiyoroshye kuko ngo barya ari uko babonye aho baca inshuro.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Jenda hari icyo butumva neza…

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Jenda witwa Ingabire Claude ndetse n’uyobora Akagari ka Gisizi babwiye itangazamakuru ko bitumva ukuntu umuntu ahitamo kuba mu nzu yasenyutse kandi hari indi afite yuzuye.

Kuri telefoni Ingabire yavuze  ikibazo cy’uyu muryango ‘atakizi’ ariko ko ubwo bamuhamagaraga yari ari mu Kagari no mu Mudugudu umuryango wa Dusengimana atuyemo.

Yafashe telefoni ye ayihereza gitifu w’ako kagari kuko bari bari kumwe hanyuma uyu muyobozi abwira itangazamakuru ko uriya muryango ufite indi nzu yuzuye, igisigaye ari ukuyimukiramo.

Ati “Uwo muryango muvuga ko uba mu nzu yasenyutse ufite indi nzu wubatse, igisigaye ni ukuyimukiramo. Gusa turaje tubasure turebe uko iyo nzu babamo imeze.”

Nyabihu ni akarere kari ahantu hakonja kubera ishyamba rya Pariki ya Gishwati rikunze kugwamo imvura.

Mu gihe cy’itumba, imvura nyinshi igwa mu mirenge ya Nyabihu igatuma ubutaka butenguka bugateza isuri n’inkangu.

Ibi nibyo bisenya inzu z’abaturage.

Ndetse inkangu iherutse gufunga umuhanda.

Aba baturage bo mu mudugudu wa Kinyengagi bavuga ko amazi abasenyera ari aturuka mu misozi y’ibirunga, bakababazwa n’uk badafashwa gusana amazu yabo kandi baybaka bibagoye.

TAGGED:featuredIbizaInzuJendaNyabihuUmurengeUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Icyuho Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi Basize Cyahise Kigaragara- Min Ingabire Paula
Next Article Italiki Abimukira Bavuye Mu Bwongereza Bazagerera Mu Rwanda Yamenyekanye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?