Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyagatare: Bafatanywe Ibilo 509 Bya Caguwa Mu Modoka Isanzwe Itwara Inzoga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyagatare: Bafatanywe Ibilo 509 Bya Caguwa Mu Modoka Isanzwe Itwara Inzoga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 November 2022 7:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya abanyereza imisoro (RPU), ryaraye rifatiye mu Mujyi wa Nyagatare imodoka ya tagisi isanzwe itwara inzoga za likeri, yari ipakiye imifuka icyenda irimo imyenda ya caguwa. Iyi mifuka yapimaga ibilo 509.

Abafashwe ni uwitwa Nsengiyumva Bosco w’imyaka 45, wari utwaye imodoka, Mukakayonde Scovia w’imyaka 37, bombi basanzwe ari abakozi b’uruganda n’Uzamukunda Berine ufite imyaka 40 y’amavuko.

Abaturage nibo bongoreye abapolisi ko hari imodoka itwaye caguwa nyinshi kandi ko izivanye muri Uganda.

Yari ihagurutse mu Murenge wa Rwempasha igana mu Mujyi wa Nyagatare.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana ati: “Twahawe amakuru n’abaturage ahagana ku isaha ya saa yine za mu gitondo, ko hari imodoka yo mu bwoko bwa Minibus ihagurutse mu murenge wa Rwempasha yerekeza mu Mujyi wa Nyagatare ipakiye magendu y’imyenda ya caguwa.”

Avuga ko bahise batangira gutegura uko iri bufatwe.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’i Burasirazuba, Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana

Polisi yashyize bariyeri mu mudugudu wa Nyagatare II, ya bisi  ihageze abapolisi barayisaka basangamo imifuka icyenda ya caguwa ipima ibilo 509.

Hejuru ya caguwa hari hageretseho amakarito arimo inzoga za likeri nk’uko iyo modoka isanzwe ari byo igenewe ariko bikaba byari byakozwe mu rwego rwo kujijisha.

Abafashwe bahise bashyikirizwa ubugenzacyaha, n’aho ibyo basanganywe bishyikirizwa Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) ishami rya Nyagatare.

- Advertisement -

Bakimara gufatwa umwe muri bo witwa Uzamukunda yiyemereye ko ari we nyir’imyenda ya caguwa yafashwe.

Avuga ko yari yifashishije iriya modoka kugira ngo abashe kuyigeza mu Mujyi wa Kigali ari naho yari kuyicururiza.

Niwe watangaje ko yari ayivanye muri Uganda.

Iyi magendu yavuye Uganda yinjirira Rwempasha, ifitirwa mu Mujyi wa NyagatarePolisi ishimira abayifasha kubona amakuru atuma ifata abakora ibyaha harimo n’abinjiza cyangwa abacuruza magendu.

Itegeko ry’umuryango w’ibihugu byo mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba rinakoreshwa mu Rwanda ingingo yaryo ya 199 ivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara.

Imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu nayo itezwa cyamunara ndetse umushoferi wayo agacibwa amande angana n’ibihumbi bitanu by’amadorali y’Amerika (US$5000).

Ingingo ya 87 y’Itegeko N° 026/2019 ryo ku wa 18/09/2019 rigena uburyo bw’isoresha, iteganya ko; umuntu wese ugambiriye kutishyura umusoro ukoze igikorwa cyo guhisha ibicuruzwa bisoreshwa cyangwa imitungo ifitanye isano n’ubucuruzi; aba akoze icyaha cyo kunyereza umusoro.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarengeje imyaka itanu (5).

TAGGED:CaguwafeaturedMagenduNyagatarePolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kanye West ‘Aravugwaho’ Gushimagiza Hitler
Next Article Brazil: Abatwara Amakamyo Bafunze Imihanda Bamagana Intsinzi Ya Lula Da Silva
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?