Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyagatare: Bisi Ya Trinity Yakoze Impanuka Ihitana Bane Barimo Umugore Utwite
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyagatare: Bisi Ya Trinity Yakoze Impanuka Ihitana Bane Barimo Umugore Utwite

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 April 2023 7:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuturage uturiye umupakawa Kagitumba azindutse abwira Taarifa ko ahagana saa yine z’ijoro bisi ya Trinity yahakoreye impanuka ihitana abantu bane barimo umugore utwite. Byabereye neza neza hafi ya bariyeri igabanya u Rwanda na Uganda mu Murenge wa Matimba, Akagari ka Kagitumba, Umudugudu wa Munini.

Ngo ni mbere y’uko ugera ahitwa No Man’Land. Umushoferi w’iriya bisi yahise ava mu modoka ariruka ajya muri Uganda.

Uwaduhaye amakuru avuga ko byabaye abireba.

Bisi ya Trinity yaje yihuta cyane iturutse mu Rwanda ishaka kwambuka.

Bivugwa ko hari hashize igihe runaka hari amakuru avuga ko umuntu yambuka atiriwe ahagarara bityo shoferi imodoka ayihata umuriro.

Mu buryo bumutunguye, yaje gusanga hari amakamyo aparitse hafi aho arayakatira ayarenze ahura na bariyeri y’ibyuma bishinyitse biba bigamije kubuza umuntu kubyegera.

Yabikatiye ariko kugarura imodoka mu muhanda ngo ayihe icyerekezo nyacyo biranga iragwa.

Uwaduhaye amakuru utifuje ko dutangaza amazine ye yagize ati: “ Biba nabirebaga. Yirukaga cyane wagira ngo yari yahanzweho”.

Avuga ko we na bagenzi be bahise batabara bakuramo abantu ariko bane muri bo bari bapfuye.

Umwe muri abo bane ni umugore wari utwite.

Avuga ko barangije gutanga ubutabazi saa munani z’ijoro ryakeye  kandi na Polisi yari ihari irabafasha ijyana inkomere n’imirambo kwa muganga.

Ikindi twamenye ni uko uriya bisi yari irimo abantu 32.

Hari andi makuru tugishakira impamo yayo avuga ko abapfuye ari batatu ariko umuturage wabonye biba we avuga ko hapfuye abantu bane barimo umugore utwite nk’uko twabivuze haruguru.

Iyi nkuru turakomeza kuyibakurikiranira…

TAGGED:featuredImpanukaNyagatarePolisiRwandaTrinityUgandaUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Imaze Igihe Ineka Umuyobozi Wa UN
Next Article Gasabo: Abari Kuvugurura Stade Amahoro Babonye Umubiri W’Uwazize Jenoside
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?