Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyagatare: Hagiye Kubakwa Ibagiro Ribaga INKA 200 Ku Munsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Nyagatare: Hagiye Kubakwa Ibagiro Ribaga INKA 200 Ku Munsi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 April 2022 9:49 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Team work
SHARE

Ahitwa Mirama mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare hagiye kubakwa ibagiro rizuzura rifite agaciro ka  Miliyari 1,242. Rizabagirwamo inka 200 n’ihene 500 ku munsi.

Hari abacuruzi b’inyama bo muri aka Karere babwiye RBA ko ibagiro bari basanganywe ryabagaga inka 10 gusa kandi ku munsi.

Imirimo yo kubaka iri bagiro imaze ibyumweru itangiye.

Kugeza ubu kandi mu Karere kose ka Nyagatare habagirwaga inka 27.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Ikibanza cy’ahagiye kuzubakwa iri bagiro(Photo@RBA)

Kubera ko nta bagiro rigari kandi rigezweho hari bafite, aborozi bo muri aka Karere kari mu Turere tw’u Rwanda twororerwamo inka nyinshi kurusha utundi bahitagamo korora inka zitanga umukamo kurusha izibagwa zigatanga inyama.

Iri bagiro rizubakwa mu Murenge wa Nyagatare

Kubaga inka 200 ku munsi byatuma izo muri Nyagatare zishira mu gihe gito…

Aborozi bo muri Nyagatare barishimira ko babonye ibagiro ariko hari n’abibaza niba koko inka cyangwa ihene zorowe mu Rwanda muri rusange n’izororewe muri Nyagatare  zihagije kandi zizaboneka mu gihe kirekire kugira ngo ririya bagiro ritazuzura rigakora igihe gito, ubundi rikabura inka cyangwa ihene zo kubaga.

Hari umuturage wo mu Karere ka Nyagatare kandi ujijutse wabwiye Taarifa ko iyo akoze igereranya asanga umworozi w’inka utunze nyinshi afite inka 100 kandi ngo abo ni bacye.

Avuga ko muri rusange umworozi ufite inka ziringaniye mu bwinshi afite inka 30 kandi ngo imwe mu mpamvu ibitera ni uko n’urwuri rwabaye ruto.

- Advertisement -

Umworozi ufite inka nyinshi yemerewe hegitari 25 z’urwuri.

RBA yo yandittse ko inka 27 ari zo zibagirwa mu Karere ka Nyagatare kose.

Ngo zingana na 20% by’ubushobozi bw’ibagiro riri kubakwa mu Murenge wa Nyagatare.

Aborozi b’aho babwiye Ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru, RBA, ko mu rwego rwo guhaza ririya bagiro, bagiye gushaka ubushobozi bakagura kandi bakorora ‘inka z’inyama’ aho gukomeza korora ‘inka z’umukamo’ gusa.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyagatare witwa Hategekimana Fred yavuze ko ririya bagiro  niryuzura andi yose azahita afungwa.

Ngo inka zose zo muri Nyagatare zizajya zibagirwa muri aka Karere aho kujyanwa ahandi.

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente aherutse gutangaza ko umusaruro w’inyama mu Rwanda wiyongereyeho 15% uvuye kuri toni 152.029 zo mu 2017 ugera kuri toni 174.904  mu mwaka wa 2021.

Iyi ni imibare ukomatanyije inyama z’amatungo atandukanye harimo n’amafi.

Icyakora muri gahunda yaguye muri Politiki y’ubworozi mu Rwanda, harimo ko inyama z’ingurube n’iz’inkoko ari zo zizaribwa n’Abanyarwanda aho kurya inka.

Intego ni uko inka zakomeza kuba isoko y’intungamubiri zikomoka ku mata, abantu bakanywa amata yazo aho kuzibaga bashaka inyama.

Politiki ni uko inka ziba iz’umukamo, inyama zigatangwa n’andi matungo

Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi, ushinzwe by’umwihariko ubworozi Dr  Solange Uwituze aherutse gutangaza ko imibare yerekana ko mu mwaka wa 2050, Abanyarwanda bazaba barya inyama z’ingurube n’inkoko kurusha andi matungo yose.

Hari mu Nteko yahuje aborozi b’ingurube yateraniye i Kigali mu Ugushyingo, 2021.

Yari yayitumiwemo ngo agire inama abo borozi akurikije uko ubworozi bwabo buhagaze muri iki gihe.

Uwituze avuga ko iyo arebye uko imibare ihagaze muri iki gihe, usanga igenamigambi rivuga ko mu mwaka wa 2050, Abanyarwanda bazaba bagera kuri miliyoni 22 kandi ngo bazaba bafite amikoro atuma buri Munyarwanda yinjiza 12 000 $ ku mwaka.

Kubera ko ubutaka bwo guturaho buzaba ari buto n’urwuri rukaba ruto, ubworozi buzakorwa muri kiriya gihe ni ubw’amatungo atarisha, ayo akaba ari ingurube n’inkoko.

Inyama z’ingurube zizaba ziri mu ziribwa cyane n’Abanyarwanda mu myaka 20 iri imbere

Kubera iyi mpamvu, Dr Solange Uwituze yabwiye aborozi b’ingurube ko bagomba gutangira gutegura uko bazahaza isoko ry’Abanyarwanda mu gihe kiri imbere.

TAGGED:AboroziAkarerefeaturedNgirenteNyagatareRBA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubwo Yagarukaga Mu Rwanda, Perezida Kagame Yaciye Muri Senegal Asuhuza Perezida W’Aho
Next Article Rwanda: Kuri Twitter Baramagana Ibyatangajwe N’Ikinyamakuru Cyo Mu Bwongereza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?