Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyagatare: Hatashywe Ibigega Binini Byo Guhunika Ibigori
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Nyagatare: Hatashywe Ibigega Binini Byo Guhunika Ibigori

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 June 2024 8:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare hatashywe ibigega bitanu byo guhunikamo toni 10,000 z’ibigori. Ni igikorwaremezo cyubatswe kuri Miliyari Frw 2.7

Muri aka Karere kari hasanzwe ibindi bigega bitanu bigize ikiswe  Nyagatare Silo Plant.

Ibigega bya Nyagatare Silo Plant kandi bifite inzu zagenewe kubikamo ibishyimbo zifite ubushobozi bwo kuguhunika ibishyimbo toni 1,500.

Leta y’u Rwanda isanganywe gahunda yo guhunika imyaka ifasha abaturage bahuye n’amapfa kcyangwa amatungo yabuze ibyo arya.

Byubatswe na Guverinoma y’u Rwanda ku bufatanye n’Ikigo cy’Ababiligi gishinzwe iterambere, Enabel, binyuze mu mushinga wo guteza imbere amatungo magufi uzwi nka PRISM.

PRISM ni umushinga  watangijwe mu mwaka wa  2019 ugamije kongera umusaruro uturuka ku nkoko, n’ingurube.

Ukorera  mu turere 10 ari two Rwamagana, Bugesera, Gicumbi, Musanze, Rubavu, Rusizi, Gisagara, Muhanga, Nyamagabe na Rulindo.

Umuyobozi Ushinzwe Itumanaho muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, MINAGRI, Kwibuka Eugène avuga ko guhunika imyaka biri mu byafashije Leta kwita ku baturage mu bihe bigoye bya COVID-19.

Yavuze ko uretse kugoboka abaturage no gukorwamo ibiryo by’amatungo, abaturage banungukira mu kubona ubagurira umusaruro bejeje kugira ngo utangirika.

Umuturage iyo azanye imyaka ibanza kunyuzwa mu mashini ibikuramo imyanda hanyuma igashyirwa muri ibyo bigega.

Ibi bigega byatumye mu Karere ka Nyagatare honyine guhunika umusaruro byiyongera aho byavuye kuri toni 8000 z’ibigori bigera kuri toni ibihumbi 18,

Mu myaka irindwi ishize ubuhinzi ni rumwe mu nzego zatejwe imbere bifatika aho guhuza ubutaka buhingwa byageze ku buso bungana na hegitari 773.320 mu gihe intego yari hegitari ibihumbi 980.

Ibi byatumye mu myaka irindwi ishize umusaruro w’ibigori uva kuri toni 358.417 ugera kuri toni 508 492 bingana n’inyongera ya 42%.

Abaturage kandi bafashijwe kubona ibiribwa bihagije ndetse uyu musaruro ufasha no mu guhangana n’ingaruka za Covid-19.

Imiryango 44.359 yahuye n’ingaruka z’ibiza yahawe ibiribwa bigizwe na toni 1491 z’ibishyimbo, toni 2217,6 z’ibigori, toni 395 za kawunga na toni 207 z’umuceri.

TAGGED:featuredIbigegaIbigoriRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yaganiriye Na Perezida Wa Misiri
Next Article NTIBISANZWE: Yasabye Ubuyobozi Kumwishyuriza Uwamuhaye ‘Ikiraka’ Cyo Kwica Umuntu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Igiciro Cy’Ikawa Y’Ibitumbwe Cyazamutseho 25% Ku Kilo

Rusizi: Abajura Binjira Mu Bitaro Bakiba

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?