Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyagatare: Hatashywe Ibigega Binini Byo Guhunika Ibigori
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Nyagatare: Hatashywe Ibigega Binini Byo Guhunika Ibigori

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 June 2024 8:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare hatashywe ibigega bitanu byo guhunikamo toni 10,000 z’ibigori. Ni igikorwaremezo cyubatswe kuri Miliyari Frw 2.7

Muri aka Karere kari hasanzwe ibindi bigega bitanu bigize ikiswe  Nyagatare Silo Plant.

Ibigega bya Nyagatare Silo Plant kandi bifite inzu zagenewe kubikamo ibishyimbo zifite ubushobozi bwo kuguhunika ibishyimbo toni 1,500.

Leta y’u Rwanda isanganywe gahunda yo guhunika imyaka ifasha abaturage bahuye n’amapfa kcyangwa amatungo yabuze ibyo arya.

Byubatswe na Guverinoma y’u Rwanda ku bufatanye n’Ikigo cy’Ababiligi gishinzwe iterambere, Enabel, binyuze mu mushinga wo guteza imbere amatungo magufi uzwi nka PRISM.

PRISM ni umushinga  watangijwe mu mwaka wa  2019 ugamije kongera umusaruro uturuka ku nkoko, n’ingurube.

Ukorera  mu turere 10 ari two Rwamagana, Bugesera, Gicumbi, Musanze, Rubavu, Rusizi, Gisagara, Muhanga, Nyamagabe na Rulindo.

Umuyobozi Ushinzwe Itumanaho muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, MINAGRI, Kwibuka Eugène avuga ko guhunika imyaka biri mu byafashije Leta kwita ku baturage mu bihe bigoye bya COVID-19.

Yavuze ko uretse kugoboka abaturage no gukorwamo ibiryo by’amatungo, abaturage banungukira mu kubona ubagurira umusaruro bejeje kugira ngo utangirika.

Umuturage iyo azanye imyaka ibanza kunyuzwa mu mashini ibikuramo imyanda hanyuma igashyirwa muri ibyo bigega.

Ibi bigega byatumye mu Karere ka Nyagatare honyine guhunika umusaruro byiyongera aho byavuye kuri toni 8000 z’ibigori bigera kuri toni ibihumbi 18,

Mu myaka irindwi ishize ubuhinzi ni rumwe mu nzego zatejwe imbere bifatika aho guhuza ubutaka buhingwa byageze ku buso bungana na hegitari 773.320 mu gihe intego yari hegitari ibihumbi 980.

Ibi byatumye mu myaka irindwi ishize umusaruro w’ibigori uva kuri toni 358.417 ugera kuri toni 508 492 bingana n’inyongera ya 42%.

Abaturage kandi bafashijwe kubona ibiribwa bihagije ndetse uyu musaruro ufasha no mu guhangana n’ingaruka za Covid-19.

Imiryango 44.359 yahuye n’ingaruka z’ibiza yahawe ibiribwa bigizwe na toni 1491 z’ibishyimbo, toni 2217,6 z’ibigori, toni 395 za kawunga na toni 207 z’umuceri.

TAGGED:featuredIbigegaIbigoriRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yaganiriye Na Perezida Wa Misiri
Next Article NTIBISANZWE: Yasabye Ubuyobozi Kumwishyuriza Uwamuhaye ‘Ikiraka’ Cyo Kwica Umuntu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?