Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyagatare: Ibitera Byazengereje Abaturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Nyagatare: Ibitera Byazengereje Abaturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 February 2024 10:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Nyagatare, abahinzi n’abacuruzi mu Mirenge imwe n’imwe y’aka Karere barataka ko ibitera( ni inyamaswa zisa n’inkende) bibonera kandi urebye nabi bikamukorera ibya mfura mbi.

Ibyo bitera  biva mu ishyamba ryitwa “Iry’imikinga”.

Umwe mu bacuruzi bo muri aka gace witwa Nsengiyaremye avuga ko ibitera ‘bibamereye nabi.’

Avuga ko mu myaka ine amaze acururiza muri kariya gace, mu nshuro zirenze imwe hari ubwo ibitera byaje mu iduka rye bimwangiriza ibicuruzwa.

Ati: “ Biradutungura bikaza bikadutwara imineke, bikadutwara imigati, amandazi, buri kimwe cyose biraza bikaduhombya. Biduteye igihombo gikomeye.”

Joyce Kampororo avuga ko ibitera bidatinya no guterura indobo irimo amagi cyangwa amandazi.

Undi muturage avuga ko ibitera byangiza ibiti bigitangira kuraba, bityo ntibyere imbuto ngo abantu babisarure.

Ishyamba ry’imikingo ni ishyamba rifite ibiti byihariye bifite amashami ananutse ariko maremare.

Rikikije umugezi w’Umuvumba ugabanya u Rwanda na Uganda.

RBA ivuga ko hari itsinda ry’urubyiruko  riherutse gushyirwa mu nkengero z’iri shyamba ngo rikumire ibyo bitera bireke gukomeza kwangiriza abaturage.

Urwo rubyiruko rwashyizweho ku bufatanye bwa RDB n’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare.

Abahanga mu by’inyamaswa bavuga ko kurinda ko ibitera bikomeza kubuza abantu amahwemo bishoboka ariko ngo hari ibyo kwitondera.

Umwe muri abo bahanga ni uwitwa Ange Manishimwe ati: “ Ibisanguge ni inyamaswa ziba zifite microbes na viruses nyinshi, ni yo mpamvu ntekereza ko abo bantu bazirinda bagombye kuba nabo bafite ubwirinzi.”

Avuga ko abo bantu bagombye kuba bafite udupfukamunwa, udupfukamazuru n’ingofero zabigenewe.

Manishimwe avuga ko Inteko ishinga amategeko yagombye kwiga no gufata icyemezo gikomeye kuri izi nyamaswa zikunze kugaragara hirya no hino mu mijyi yo mu Rwanda.

Meya wa Nyagatare Stephen Gasana avuga ko bashatse bariya basore ngo bakumire ibitero nk’umuti w’agateganyo.

Ngo bazicara bavugute undi urambye.

Ishyamba ry’imikinga riba kuri hegitari 600 zikikije umugezi w’Umuvumba.

TAGGED:featuredIbiteraNyagatareRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Baganirijwe Uko Bakwita Ku Buzima Mu Gihe Cya Menopause
Next Article Abanyarwanda Barasabwa Kuzibukira Itabi N’Inzoga Bikabarinda Cancers
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?