Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyagatare: Uruganda Rutunganya Amata Rwuzuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Nyagatare: Uruganda Rutunganya Amata Rwuzuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 June 2024 7:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’igihe kirekire uruganda rukora amata y’ifu rwa Nyagatare rwubakwa, ubu rwarangije kuzura.

Guverineri w’Intara y’Uburasirazuba Pudence Rubingisa yatangarije kuri X ko iyi ari inkuru nziza kuri buri wese utuye iyi Ntara n’abandi bafite aho bahuriye n’ubworozi bw’inka.

Yanditse ati: “ Aya ni amakuru ashimishije. Nyagatare ibaye igicumbi cy’aho amata azajya atunganyirizwa. Ibi bizongera umusaruro w’amata atunganyijwe akoreshwa imbere mu gihugu n’ayoherezwa hanze. Ni ikindi cy’ingenzi mu kuzamura n’urwego rw’ubuhinzi”.

Taliki  15, Ukwakira, 2021 nibwo imirimo yo kubaka uru ruganda yatangijwe n’uwari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Emmanuel K. Gasana.

Yari  ari kumwe n’abagize Inama y’umutekano itaguye y’Intara, Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Bwana Mushabe David Claudian n’abandi bayobozi, yatangije ku mugaragaro imirimo yo kubaka uruganda ruzatunganya amata y’ifu.

Ni uruganda rwibutswe  mu Cyanya cy’Inganda cya Rutaraka mu Murenge wa Nyagatare, rukazatunganya amata angana na litiro 500,000 ku munsi, azaturuka mu turere dutandukanye.

Ni uruganda rwa Inyange Industries.

Mu mwaka wa 2021 mu Karere ka Nyagatare hari inzuri 7,520 ziri ku buso bwa hegitari 68,284, n’amakusanyirizo y’amata 16 yakira amata ari hagati ya litiro 100,000 na litiro 87,000 mu gihe cy’imvura na Litiro 45,000 mu gihe cy’izuba ari nayo mpamvu aborozi bagirwa inama yo korora inka z’umukamo no kugira ibiribwa by’inka no mu gihe cy’izuba kugira ngo umukamo udahindagurika.

Akarere ka Nyagatare ni kamwe mu Turere turindwi tugize Intara y’Iburasirazuba.

Icyicaro cyako kiri mu Murenge Nyagatare, mu Kagari ka Nyagatare kandi gahana imbibi n’Akarere ka Gatsibo mu Majyepfo, Akarere ka Gicumbi mu Burengerazuba, gahana kandi  imbibi n’Igihugu cya Uganda mu Majyaruguru na Tanzania mu Burasirazuba.

TAGGED:AmataInyangeNyagatareUruganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Senateri Evode Arasaba Polisi Kudahisha Camera Mu Mateke
Next Article Indi Operation Ya RIB Yo Gufata Abiba Telefoni Yatanze Umusaruro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?