Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyagatare: Uruganda Rutunganya Amata Rwuzuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Nyagatare: Uruganda Rutunganya Amata Rwuzuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 June 2024 7:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’igihe kirekire uruganda rukora amata y’ifu rwa Nyagatare rwubakwa, ubu rwarangije kuzura.

Guverineri w’Intara y’Uburasirazuba Pudence Rubingisa yatangarije kuri X ko iyi ari inkuru nziza kuri buri wese utuye iyi Ntara n’abandi bafite aho bahuriye n’ubworozi bw’inka.

Yanditse ati: “ Aya ni amakuru ashimishije. Nyagatare ibaye igicumbi cy’aho amata azajya atunganyirizwa. Ibi bizongera umusaruro w’amata atunganyijwe akoreshwa imbere mu gihugu n’ayoherezwa hanze. Ni ikindi cy’ingenzi mu kuzamura n’urwego rw’ubuhinzi”.

Taliki  15, Ukwakira, 2021 nibwo imirimo yo kubaka uru ruganda yatangijwe n’uwari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Emmanuel K. Gasana.

Yari  ari kumwe n’abagize Inama y’umutekano itaguye y’Intara, Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Bwana Mushabe David Claudian n’abandi bayobozi, yatangije ku mugaragaro imirimo yo kubaka uruganda ruzatunganya amata y’ifu.

Ni uruganda rwibutswe  mu Cyanya cy’Inganda cya Rutaraka mu Murenge wa Nyagatare, rukazatunganya amata angana na litiro 500,000 ku munsi, azaturuka mu turere dutandukanye.

Ni uruganda rwa Inyange Industries.

Mu mwaka wa 2021 mu Karere ka Nyagatare hari inzuri 7,520 ziri ku buso bwa hegitari 68,284, n’amakusanyirizo y’amata 16 yakira amata ari hagati ya litiro 100,000 na litiro 87,000 mu gihe cy’imvura na Litiro 45,000 mu gihe cy’izuba ari nayo mpamvu aborozi bagirwa inama yo korora inka z’umukamo no kugira ibiribwa by’inka no mu gihe cy’izuba kugira ngo umukamo udahindagurika.

Akarere ka Nyagatare ni kamwe mu Turere turindwi tugize Intara y’Iburasirazuba.

Icyicaro cyako kiri mu Murenge Nyagatare, mu Kagari ka Nyagatare kandi gahana imbibi n’Akarere ka Gatsibo mu Majyepfo, Akarere ka Gicumbi mu Burengerazuba, gahana kandi  imbibi n’Igihugu cya Uganda mu Majyaruguru na Tanzania mu Burasirazuba.

TAGGED:AmataInyangeNyagatareUruganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Senateri Evode Arasaba Polisi Kudahisha Camera Mu Mateke
Next Article Indi Operation Ya RIB Yo Gufata Abiba Telefoni Yatanze Umusaruro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Hamas Iherutse Guhura Mu Ibanga N’Intumwa Za Amerika Kubera Kudashira Amakenga Israel

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yahuje Ubuziranenge N’Iterambere Rirambye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?