Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyagatare: Yahaye Umupolisi Ruswa Ya Frw 11,000 Arayanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyagatare: Yahaye Umupolisi Ruswa Ya Frw 11,000 Arayanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 March 2023 10:54 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda riherutse gufata umusore w’imyaka 25 y’amavuko wari uhaye umupolisi ruswa ya Frw 11,000. Yashakaga ko asubizwa moto ye yari yafatiwe mu makosa.

Byabereye mu Murenge wa Rukomo, Akagari ka Gashenyi ubwo Polisi yagenzuraga ibyangombwa by’uriya musore igasanga adafite ibimwemerera kuyitwara.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizerimana ati: “Abapolisi bamuhagaritse ubwo yari abagezeho atwaye moto ifite nimero iyiranga RG 935 Y.  Bamwatse uruhushya rumwemerera gutwara ibinyabiziga ararubura.”

SP Twizeyimana avuga ko nyuma y’uko Moto yari imaze gufatwa, uwo musore ‘yikojeje’ ku ruhande akura amafaranga mu mufuka angana Frw 11,000 ayahereza umwe mu bapolisi  amusaba ko yamusubiza moto ye akigendera.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yahise yambikwa amapingu.

SP Twizeyimana yagiriye inama abatwara ibinyabiziga kwikuramo imyumvire yo gushaka gutanga ruswa, igihe bafatiwe mu ikosa iryo ari ryo ryose.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’i Burasirazuba, Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana

Yagize ati: “Niba utwaye ikinyabiziga ugafatirwa mu ikosa, kirazira kumva ko watanga amafaranga ngo ukurirweho iryo kosa.  Si yo nzira yakurengera ahubwo uba urimo kurushaho kwishyira mu kaga kuko ruswa iri mu byaha bitihanganirwa kandi bifite ibihano biremereye.”

Uwafashwe yashyikirijwe Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Gatunda kugira ngo akorerwe dosiye izashyikirizwa Ubushinjacyaha.

Itegeko no 54/2018 ryo kuwa 13/08/2018 rirwanya ruswa ingingo yaryo ya 4, ivuga ko umuntu wese usaba, utanga cyangwa wakira, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose aba akoze icyaha.

- Advertisement -

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

TAGGED:featuredMotoNyagatarePolisiRuswa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article M23 Yavuye Mu Bice Yari Ifite, Mai-Mai Irabifata
Next Article Abanya Zimbabwe Batorotse Gereza Y’Afurika Y’Epfo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Cardinal Kambanda Ari Muri Uganda Mu Kuzirikana Abahowe Imana

Burundi: Abanyamakuru Bahawe Umuburo

Irushanwa Ryo Kwibuka Abakinaga Volley Bazize Jenoside Ryasubitswe

RIB Igeze He Umukoro Perezida Kagame Yayihaye?

Intego Y’u Rwanda Ku Byerekeye Umukamo Mu Myaka Ine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

U Rwanda Rugiye Kubaka Uruganda Rubyaza Izuba Amashanyarazi Ya Mega Watt 30

RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC

Tshisekedi Arahihibikanira Ko DRC Ijya Mu Kanama Ka UN K’Amahoro Ku Isi

Kabila Aragisha Inama Inararibonye Z’i Goma

Musk Yavuye Mu Nshingano Yahawe Na Trump

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ingabo Z’u Rwanda Mu Bufatanye N’Iza Misiri

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ngoma: Hibutswe Imiryango 15,593 Y’Abatutsi Yishwe Irazima Muri Jenoside 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Nick Ngendahayo Yasohoye Indirimbo Ibanziriza Igitaramo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ba Rwiyemezamirimo Bagiye Guhatanira Igihembo Cya Miliyoni $1.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?