Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyagatare: ‘Yishe’ Umugore We Nyuma Yandika Irage Ry’Abana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyagatare: ‘Yishe’ Umugore We Nyuma Yandika Irage Ry’Abana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 March 2023 10:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugabo witwa Sekamana Tharcisse w’imyaka 40 yicishije umugore we inyundo. Nyuma yahise yandika ibaruwa y’irage ry’abana be arangije aracika. Byabereye mu Mudugudu wa Kimaramu, Akagari ka Kamagiri, Umurenge wa Nyagatare.

Sekamana afite imyaka 40 y’amavuko.

Mu mpera z’Icyumweru gishize nibwo ubu bwacinyi bwabaye ariko umurambo w’umugore we uboneka ku Cyumweru taliki 25, Werurwe, 2023.

Kigali Today yanditse ko Umukuru w’Umudugudu wa Kimaramu, Mutimura Charles ari we wabatangarije aya makuru.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uwishe umugore we niwe wabibwiye ubuyobozi…

Charles Mutimura avuga ko yahamagawe n’uwo mugabo uvugwaho kwica uwo bashakanye amubwira ko bajya iwe bakareba ‘ibintu yasize mu rugo’.

Mudugudu yagize ati:  “Mu by’ukuri ntituzi amasaha yamwiciye kuko yaduhamagaye ku Cyumweru saa yine z’igitondo, atubwira ngo tujye iwe, aturangira n’imfunguzo aho ziri ngo hari ibintu biri mu nzu tubikuremo. Tugeze yo abana batubwira ko ataharaye. Birashoboka ko yamwishe hakiri kare agahita akinga inzu akigendera.”

Bageze mu nzu ngo basanze umubiri wa nyakwigendera Niyonsenga Fortuneé urambitse hasi ugaragaza igikomere mu mutwe.

Abayobozi bakeka ko yakoresheje inyundo mu kwica umugore we.

- Advertisement -

Amakuru atangwa n’uyu muyobozi avuga ko nta makimbirane yari asanzwe yumvikana muri uru rugo.

Nta n’ubusinzi bwawurangwagamo.

Icyakora bari bamaranye umwaka umwe babana mu buryo ‘butemewe’ n’amategeko kandi batarabyarana ariko barera abana ‘bane’ umugabo yari yarabyaye ku bandi bagore babiri batandukanye.

Abo bana ni n’abo yasize yandikiye irage.

Mu nyandiko yasize yanditse, handitsemo ko yabaraze inzu ye y’ubucuruzi, ari nayo bari batuyemo.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyagatare busaba abaturage kutihererana ibibazo ahubwo bakabigeza ku bayobozi bigacocwa.

TAGGED:AbanaAbaturagefeaturedInyundoNyagatareUbwicanyiUmugaboUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rusesabagina ‘Ararara’ Muri Amerika
Next Article Ruhango: Inzuki Zishe Umwana W’Imyaka Ine
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?