Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyagatare: ‘Yishe’ Umugore We Nyuma Yandika Irage Ry’Abana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyagatare: ‘Yishe’ Umugore We Nyuma Yandika Irage Ry’Abana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 March 2023 10:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugabo witwa Sekamana Tharcisse w’imyaka 40 yicishije umugore we inyundo. Nyuma yahise yandika ibaruwa y’irage ry’abana be arangije aracika. Byabereye mu Mudugudu wa Kimaramu, Akagari ka Kamagiri, Umurenge wa Nyagatare.

Sekamana afite imyaka 40 y’amavuko.

Mu mpera z’Icyumweru gishize nibwo ubu bwacinyi bwabaye ariko umurambo w’umugore we uboneka ku Cyumweru taliki 25, Werurwe, 2023.

Kigali Today yanditse ko Umukuru w’Umudugudu wa Kimaramu, Mutimura Charles ari we wabatangarije aya makuru.

Uwishe umugore we niwe wabibwiye ubuyobozi…

Charles Mutimura avuga ko yahamagawe n’uwo mugabo uvugwaho kwica uwo bashakanye amubwira ko bajya iwe bakareba ‘ibintu yasize mu rugo’.

Mudugudu yagize ati:  “Mu by’ukuri ntituzi amasaha yamwiciye kuko yaduhamagaye ku Cyumweru saa yine z’igitondo, atubwira ngo tujye iwe, aturangira n’imfunguzo aho ziri ngo hari ibintu biri mu nzu tubikuremo. Tugeze yo abana batubwira ko ataharaye. Birashoboka ko yamwishe hakiri kare agahita akinga inzu akigendera.”

Bageze mu nzu ngo basanze umubiri wa nyakwigendera Niyonsenga Fortuneé urambitse hasi ugaragaza igikomere mu mutwe.

Abayobozi bakeka ko yakoresheje inyundo mu kwica umugore we.

Amakuru atangwa n’uyu muyobozi avuga ko nta makimbirane yari asanzwe yumvikana muri uru rugo.

Nta n’ubusinzi bwawurangwagamo.

Icyakora bari bamaranye umwaka umwe babana mu buryo ‘butemewe’ n’amategeko kandi batarabyarana ariko barera abana ‘bane’ umugabo yari yarabyaye ku bandi bagore babiri batandukanye.

Abo bana ni n’abo yasize yandikiye irage.

Mu nyandiko yasize yanditse, handitsemo ko yabaraze inzu ye y’ubucuruzi, ari nayo bari batuyemo.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyagatare busaba abaturage kutihererana ibibazo ahubwo bakabigeza ku bayobozi bigacocwa.

TAGGED:AbanaAbaturagefeaturedInyundoNyagatareUbwicanyiUmugaboUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rusesabagina ‘Ararara’ Muri Amerika
Next Article Ruhango: Inzuki Zishe Umwana W’Imyaka Ine
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?