Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyamagabe: Abagabo Batanu Batawe Muri Yombi Bakekwaho Ubwicanyi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyamagabe: Abagabo Batanu Batawe Muri Yombi Bakekwaho Ubwicanyi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 March 2023 10:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Nyamagabe bwafunze abagabo batanu bukurikiranyeho ibyaha birimo ubwinjiracyaha mu bwicanyi.

Ni ubwicanyi bivugwa ko bwakorewe  umugabo n’umugore we, ubwo babasangaga mu rugo bakabatemagura, bikaviramo umwe urupfu.

Umugabo witwa Isaie Bizimana n’umugore we nibo bakorewe ruriya rugomo.

Aba bagabo batanu bakurikiranyweho icyaha cy’ubwinjiracyaha mu bwicanyi ndetse n’icyo gukubita no gukomeretsa bakoreye Bizimana Isaie n’umugore we.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bikekwa ko biriya byaha babikoze mu ijoro ryo ku ya 19 Mutarama 2023.

Basanze uriya mugabo n’umugore we mu rugo rwabo ruba mu Mudugudu wa Nyamirambo, Akagari ka Ngoma, Umurenge wa Cyanika, bakabatemagura.

Ubushinjacyaha buvuga koa bagabo bari bitwaje imihoro, bageze yo bajya mu kiraro cy’inka barayikanga ihita yabira.

Nyiri urugo ari we Bizimana Isaie yarasohotse ngo arebe icyo inka ye ibaye,  abo bagabo bahita bamutema bamuca akaboko ndetse bamutema no mu rwasaya.

Umugore we nawe yasohotse agira ngo atabare umugabo we, nawe bamutema ari kugerageza gusubira mu nzu.

- Advertisement -

Bamutemye mu bitugu nawe arataka cyane abaturanye barahurura.

Basanze Bizimana amerewe nabi kubera kuva amaraso menshi, bamujyana kwa muganga ariko biranga, arapfa.

Umugore we yabwiye abagenzacyaha n’abandi ko yamenye abantu babiri mu babatemye, abo inzego z’umutekano zarabashatse zirabafata.

Nk’uko biteganywa n’ingingo y’121 y’Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, icyaha cyo gukubita no gukomeretsa umuntu bikamuviramo gupfa, kiramutse gihamye aba bantu bahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka cumi n’itanu (15) ariko kitarenze imyaka makumyabiri (20) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshanu (5.000.000Frw) ariko atarenze miliyoni zirindwi (7.000.000Frw).

Bakurikiranyweho kandi icyaha cy’ubwinjiracyaha bw’ubwicanyi, aho kiramutse kibahamye bahanishwa igifungo cy’imyaka makumyabiri n’itanu (25), nk’uko biteganywa n’ingingo ya 21 y’iri tegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Intara y’Amajyepfo imaze igihe ivugwamo urugomo rujyanye no gutema, gukomeretsa no kwica.

Akarere bimaze iminsi bivugwamo ni akarere ka Ruhango.

TAGGED:featuredInkaNyamagabeUmugaboUmugoreUmuhoro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Yakubise Umunyamakuru Amukura Iryinyo
Next Article Burundi: ‘Scanner’ Imwe Niyo Ikora Mu Gihugu Hose
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?