Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyamagabe: Akurikiranyweho Kwica Umugore Waburaga Icyumweru Ngo Abyare
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyamagabe: Akurikiranyweho Kwica Umugore Waburaga Icyumweru Ngo Abyare

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 October 2022 11:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abaturage bo muri Runda bashimira ko ubu bacana.
SHARE

François Nizeyimana akurikiranyweho kwicisha umuhoro umugore witwa Chantal Nyinawumuntu yari yarateye inda. Amakuru twahawe n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze avuga ko uriya mugore yari yaragurije uwo mugabo Frw 300,000, bikaba bikekwa ko yamwishe yanga ko yazayamwishyuza bigasakuza.

Kuri ibi ariko, iperereza ry’ubugenzacyaha rirakomeje.

Taarifa yamenye ko ubu bwicanyi bwabereye mu Mudugudu wa Gisiza, Akagari ka Ngara, Umurenge wa Mbazi mu Karere ka Nyamagabe.

Nyinawumuntu yabanje kubura aho yari asanzwe atuye, abaturanyi be bakagira ngo yagiye kubyara kuko inda ye yari ikuriwe kandi abura nk’iminsi irindwi ngo yibaruke.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Baje gusanga umurambo we mu ishyamba riri hafi y’iwe ariko ritari kure y’aho Nizeyimana nawe atuye.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbazi witwa Valens Ndagijimana yabwiye Taarifa ko uriya mugabo yari asanzwe ari inshuti na Nyinawumuntu.

Igihe cyaje kugera amuguriza Frw 300,000.

Uyu muyobozi avuga ko amakuru bafite kugeza ubu avuga ko uriya mugabo yishe uriya mugore yari yarateye inda yanga ko yazamwishyuza ariya mafaranga bigatuma atakaza icyizere yari afitiwe mu baturanyi kuko yari afite undi mugore.

Nyinawumuntu we yari umupfakazi.

- Advertisement -

Ikindi kivugwa ni uko mbere yo kumwica yabanje kumusambanya.

Taarifa yamenye ko François Nizeyimana yishyuye ibyo yangije muri Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba yarahungutse avuye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu mwaka wa 2017.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbazi Valens Ndagijimana yasabye abaturage kumenya ko kwambura mugenzi wabo ubuzima bashaka guhisha ko yazabavamo ari icyaha kandi ko n’uwagikoze nawe bitamugwa amahoro.

Abasaba ko uwagira ikibazo yajya  akigeza ku bayobozi  bakagikemura.

TAGGED:featuredMbaziNyamashekeUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikinyamaswa Dinosaur Cyasuye Icyanya Cya Nyandungu
Next Article Mu Majyepfo Barasaba Ko Inkwano Ivaho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umwami W’Ubwongereza Atinya Ko Canada Izomekwa Kuri Amerika

Pariki Y’Akagera Yinjije Arenga Miliyari Frw 5 Mu Mwaka

Uhumeka Inshuro 20,000 Ku Munsi-Ariko Se Ubikora Neza?

Hari Ibiganiro Ku Mubano Urambye Wa Israel Na Syria

Abajyanama B’Ubuzima Bagiye Gukoresha Ubwenge Buhangano Mu Kazi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

Mu Buyobozi Bw’Intara Harimo Urunturuntu-Tshisekedi

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Pariki Y’Akagera Igiye Kubakwamo Hoteli Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Gakenke: Abaturage Baremeye Abaturanyi Barokotse Jenoside

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Ngororero: Batwara Amatungo Mu Modoka Z’Abagenzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kigali: Hagiye Gushyirwaho Ingengabihe Yo Gutwara Abagenzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?