Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyamagabe: Irerero Rifasha Abakora Mu Cyayi Gutanga Umusaruro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Nyamagabe: Irerero Rifasha Abakora Mu Cyayi Gutanga Umusaruro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 May 2024 7:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abakora mu ruganda rwa Kitabi Tea Company Ltd rukorera mu Karere ka Nyamagabe, Umurenge wa Kitabi bavuga ko kuba barahawe Irerero ngo babone aho gusiga abana bityo bibaha uburyo bwo kongera umusaruro.

Babivugiye mu kiganiro babaye itangazamakuru cyagarukaga ku iyimakazwa ry’ihame ry’uburinganire hagati y’abagabo n’abagore riri gusumwa n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe gutsura ubuziranenge RSB ngo kirebe uko ibwiriza rigenga iri hame ryubahirizwa.

Ni isuzuma rikorwa ku bufatanye n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe iterambere UNDP.

Abakora muri Kitabi Tea Factory barimo abagabo n’abagore.

Abagore ni 56% abagabo bakaba 44%.

Abagore bakora muri uru ruganda bakora mu nzego zitandukanye.

Jean Pierre wo muri RSB asobanura iby’iri bwiriza

Barimo abasarura icyayi, abafasha mu kurusya n’abakora mu gice gishinzwe kubipakira.

Bakora kandi no mu buyobozi bw’uru ruganda.

Umwe mu bayobozi b’uru ruganda avuga ko gahunda yo guteza imbere uburinganire yatangiye gukurikizwa mu mwaka wa 2019.

Avuga ko kuva icyo gihe kugeza ubu hari byinshi byakozwe mu kuzamura ishyirwa mu bikorwa ry’iri hame.

Ibyo birimo no guha abagore babyaye ahantu ho konkereza abana kugira ngo ba Nyina bakore akazi batekanye kuko baba baziko abana babo batekanye.

Ibitangwa ku burere bihabwa abo bana byose byishyurwa n’uruganda bigatuma ba Nyina badasohora amafaranga ahubwo bakayabika kugira ngo azabafirire akamaro mu gihe kizaza.

Jean Pierre ukora mu kigo cy’igihugu gishinzwe gutsura ubuziranenge RSB avuga ko gutegura ibwiriza ry’uburinganire byakozwe mu guha abikorera ku giti cyabo kubona aho bahera bashyira mu bikorwa iri hame.

Ni uburyo avuga ko busobanutse buhari abakoresha igishushanyo mbonera cy’uburyo iryo hame rikurikizwa hashingiwe kuri Politiki ya Leta mu by’uburinganire.

Simon Kwizera ukora muri RSB avuga ko ikigo ayobora gifite inshingano yo kwereka ibigo uko amabwiriza y’ubuziranenge ateye ku ngingo zitandukanye z’ubuzima bw’igihugu.

Abagore bo muri Kitabi Tea Factory bashima ko bafite aho basiga abana kandi hatekanye.

Clement Kirenga ukora mu ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe iterambere UNDP avuga ko bahisemo gufasha mu iyimakazwa ry’ihame ry’uburinganire kuko ari ingenzi mu guteza imbere igihugu icyo ari cyo cyose.

Uruganda rwa Kitabi Tea Factory ni rumwe mu nganda z’icyayi zicungwa na Rwanda Mountain Tea Ltd.

Rwaguzwe mu mwaka wa  2009 muri gahunda yo kwegurira abikorera inganda z’icyayi zari iza Leta (OCIR-the).

Muri iki gihe rufite abagore bane bakanika imodoka z’uruganda.

TAGGED:featuredIcyayiIrerero AbagoreKitabi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abayobozi Ba Polisi Ya Sweden Basuye Iy’u Rwanda
Next Article Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa RBA Arashaka Kuba Depite
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?